Subscribe by rss
    Monday 25 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, Jul 23rd, 2015
    Feature / featured1 / Ibikorwa / Kinyarwanda | By gahiji

    Ngoma: Abafatanyabikorwa b’akarere bitezweho byinshi mu kwihutisha iterambere

    Ngoma: Abafatanyabikorwa b’akarere bitezweho byinshi mu kwihutisha iterambere

    Ubuyobozi bw’akarere ka Ngoma buvuga ko abafatanyabikorwa ari ibirindiro n’imbaraga z’akarere mu gihe bahawe umurongo w’ibyo bakoreramo, kuko byihutisha iterambere n’imihigo ikeswa vuba kandi neza.

    Ikurikiranabikorwa ndetse no kwita ku bikorwa biba byasizwe n’abafatanyabikorwa nibyo abayobozi bashya ba JADF mu karere ka ngoma bavuga ko bagiye gushyiramo imbaraga kugira aka karere kabashe kwesa imihigo neza.

    Habimana Kizito,umuyobozi mushya umaze iminsi atorewe kuyobora uru rwego rw’akarere rw’abafaranyabikorwa(JADF),avuga ko abafatanyabikorwa ar urwego rufite imbaraga mu iterambere ry’akarere igihe ruyobowe neza kandi rugahabwa imbaraga.

    Avuga ko ubu uru rwego rugiye gushyira imbaraga mu ikurikiranabikorwa by’abafatanyabikorwa munama yabaye mu ntangiriro z’uku kwa Nyakanga 2015.

    Agira ati”Akarere kacu kabashije kugera kubintu byinshi bifatika bishingiye ku bafatanyabikorwa,ikintu kihutirwa tugiye gukora ni ugushyiramo ububyutse mu mikoranire y’akarere n’abafatanyabikorwa mu byo gakeneye.No  kongera imbaraga mu gukurikirana ibikorwa by’abafatanyabikorwa(Monitaring and evaluation)”.

    Muri uru rwego ngo muri komite icyuye igihe hari ahagaragaye intege nke mu mikoranire n’abafatanyabikorwa aho hari aho  imbaraga zabo zitahuzwaga  ngo zishyirwe mu bikorwa birusha ibindi gukenerwa n’akarere.

    Umuyobozi w’akarere ka Ngoma,Nambaje Aphrodise,avuga ko bafaranyabikorwa ashima cyane ko bafasha akarere ku iterambere ry’abaturage,gusa nawe agashimangira ko iyo abafatanyabikorwa badacunzwe neza bibyara akajagari maze imbaraga zabo zigasa n’izipfuye ubusa.

    Yagize ati”JADF buriya ni imbaraga z’akarere ,ni ibirindiro by’akarere iyo yapfubye biba ari ikibazo.Iyo haje abafatanyabikorwa badashobora guhabwa umurongo baraza bakazana akajagari,bakora ibintu bimwe.Hamwe na komite zishyirwaho turizera ko bizagenda neza.”

    Mu nama n’abafatanyabikorwa umuyobozi w’akarere yashimye cyane abafatanyabikorwa aha ikaze n’abandi kuza ariko yibutsa ko badakeneye abafatanyabikorwa babatekamitwe nkuko hari aho byagaragaye umwaka ushize kuri Forward rich” yahombeje abaturage miliyoni zigera kuri 16 z’amafaranga y’u Rwanda.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED