Subscribe by rss
    Thursday 25 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, Feb 24th, 2012
    Ibikorwa / Latestnews | By gahiji

    Rwanda : Minisiteri muri Perezidanse ishinzwe ikoranabuhanga ifatanije na RDB barashishikariza abaturage gukoresha ikoranabuhanga


    Muri uku kwezi ka Gashyantare 2012, Minisiteri  ishinzwe ikoranabuhanga muri Perezidanse ifanatije na RDB  byashyizeho gahunda yo gushishikariza abaturage gukoresha ikoranabuhanga hirya no hino mu turere  cyane hifashishijwe amaterefone, gahunda yiswe” ICT awareness on Mobile money transfer and mobile banking” .

     

    Minisiteri  muri Perezidanse

    Abaturage basobanurirwa uburyo babona zimwe muri service bakenera

    ku mabanki bakoresheje telephone zabo

    Iyi gahunda ikaba yaratangiriye mu Karere ka Kamonyi ikazasorezwa mu Karere ka Musanze nk’uko Germain Tuyishime Gatabazi, umwarimu wa ICT muri ICT Bus mu karere ka Nyabihu yabidutangarije.

    Ibikorwa bijyanye n’iyo gahunda bikaba byarabereye mu turere   twa Kamonyi, Kayonza, Gatsibo, Rubavu ndetse na Musanze aho biteganijwe gusorezwa. Muri ibi bikorwa  byo gushishikariza abaturage gukoresha ikoranabuhanga aho bari hose bakoresheje telephone zabo, Minisiteri ishinzwe ikoranabuhanga muri Perezidanse ndetse na RDB bikaba bitumiramo abafatanyabikorwa muri ICT nka MTN, TIGO, EWSA, KCB, BCR, Banque Populaire n’abandi bakagenda basobanura imbere y’abaturage uburyo Service zabo zitangwa hakoreshejwe Telephone n’uburyo umuturage yabasha kubyikorera we ubwe akoresheje telephone ye.

    Gahunda yo kwigisha ICT abaturage igira akamaro kanini kuri bo

    Gahunda yo kwigisha ikoranabuhanga abaturage ifite akamaro kanini cyane ku baturage nk’uko Germain Tuyishime Gatabazi yabidutangarije. Avuga ko bifasha abaturage kubona Service zimwe na zimwe bakenera kubona ku mabanki, mu kohereza amafaranga no kuyabona, kumenya uko konti yawe ihagaze bitagombye kukujyana kuri Banki,kugura umuriro kuri Telefoni yawe,n’ibindi.

    Yongeraho ko ibyo byose iyo umuturage amenye uko bikorwa kuri Telefoni ye akabyikorera, igihe yagatakaje ajya kubireba ku mabanki agikoresha ibindi bityo bikaba byamufasha gutera imbere.

    Gusa ngo usanga ibi byiza bya ICT abantu benshi baba batabizi batanabyitabira,ari nayo mpamvu hagiyeho gahunda yo kubishishikariza abaturage kugira ngo bamenye ubwabo kubyikorera batiriwe bata igihe kinini bakagombye gukoramo ibindi banjya gushaka Service nk’izo ku mabanki.

    Mu bikorwa nk’ibyo kandi service zimwe na zimwe zitangirwa muri ICT Bus zinahabwa ababa babyitabiriye bahereye ku bayobozi b’imirenge,etat civil na bamwe mu bandi baba babyitabiriye. Izo service zitangwa zikaba zirimo gufungurirwa e-mail, gufungurirwa Facebook,twiter na google + kandi bigakorwa ku buntu.


    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED