Subscribe by rss
    Tuesday 26 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Feb 3rd, 2016
    featured1 / Ibikorwa / Kinyarwanda / Latestnews | By gahiji

    Ruhango: ababyeyi barasabwa kuba hafi y’abari ku rugerero

    m_7a

    Intore ziyemeje gukora ibikorwa bitandukanye

     m_7b

    Intore ziyemeje gukora ibikorwa bitandukanye

    Umuyobozi w’akarere ka Ruhango, Mbabazi François Xavier, arasaba ababyeyi n’abayobozi mu nzego z’ibanze gushyigikira intore ziri ku rugerero no kubafasha gushyira mu bikorwa inyigisho bahawe itorero.

    Ibi akaba yarabisabye mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro ku rwego rw’Akarere ka Ruhango urugerero ku cyiciro cya kabiri cy’Intore z’Inkomezabigwi tariki ya 27/01/2016.

    Asobanura impamvu y’urugerero, uyu muyobozi yavuze ko ari ukugira ngo abatojwe bashyire mu bikorwa ibyo batojwe.

    Akomeza avuga kandi ko gutangira urugerero ku mugaragaro ari igikorwa cy’ingenzi cyo “kwinjiza intore mu zindi”.

    Asaba intore zigiye ku rugerero gukora ibikorwa bifatika, bibyara umusaruro ugaragara, bitari iby’umuhango gusa.

    Bityo akaba abasaba kurangwa no kunoza ibikorwa biyemeje kugeraho muri aya mezi atandatu y’iki cyiciro cy’urugerero.

    Ku rundi ruhande, uyu muyobozi akaba asaba ababyeyi n’abayobozi mu nzego z’ibanze gushyigikikira intore mu bikorwa byazo kugira ngo umusaruro wabyo uzabashe kugirira umumaro intore ubwazo, abaturage n’Igihugu muri rusange.

    Agira ati “Nagira ngo mbasabe gushyigikira intore ziri ku rugerero, kuko kuzishyigikira kwanyu ari ko kuzatuma bagera ku nshingano zabo”.

    Ababyeyi bitabiriye umuhango wo gutangiza urugerero, bakaba baravuze ko biteguye kwegera no korohereza abana babo bagiye ku rugerero, kuko bazi neza ko ibyo bazakora aribo bizagirira akamaro.

    Mu mihigo y’izi ntore harimo; kubakira abatishoboye, kugira isuku no kuyiteza imbere aho batuye, gushishikariza abaturage kwitabira ubwisungane mu kwivuza, kwigisha abakuze gusoma kwandika no kubara, no guteza imbere imyitozo ngororamubiri n’imikino gakondo hagamijwe guteza imbere ubuzima bwiza.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED