Subscribe by rss
    Saturday 16 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, Feb 24th, 2012
    Ibikorwa / Latestnews | By gahiji

    Rwanda | Nyabihu: ICT Bus irasiga benshi bagize ubumenyi bw’ibanze kuri mudasobwa

    Nyuma y’imirenge ya Mukamira, Jenda, Kabatwa na Bigogwe, ubu noneho hagezweho umurenge wa Kintobo aho abantu bagera kuri 40 barimo kwigishwa ikoranabuhanga ndetse n’ubumenyi bw’ibanze kuri mudasobwa mu Karere ka Nyabihu. Iyi gahunda yo kwigisha mudasobwa na ICT ikorerwa muri ICT Bus ikaba ikorerwa ubuntu, igakorerwa bamwe mu baturage baba batoranijwe n’abayobozi b’imirenge bafatanije n’abu utugari.

    Nyabihu ICT Bus irasiga

    Aho ICT bus igeze muri Nyabihu  bishimira ubumenyi bayiboneramo

    Abigishwa muri iyi gahunda,bakaba bahabwa ubumenyi bw’ibanze kuri porogaramu za Mudasobwa nka Microsoft Word, MS Excel, MS Power point , internet , bagahabwa n’ubumenyi kuri gahunda yo kumenya ibiciro  ku masoko yo mu Rwanda “e-soko” ubu iba muri MINAGRI.

    Bahabwa kandi ubumenyi bw’ibanze ku birebana n’uko  wakoresha facebook, bakanayifungurirwa,twiter ndetse na google+.

    Gahunda yo kwigishwa ya buri murenge ku batoranijwe ikaba imara ibyumweru 2 aho abigishwa bahabwa ikizamini nyuma y’amasomo yabo ndetse bakazahabwa na certificat zemeza ko bagize ubumenyi runaka kuri mudasobwa.

    Kwizera Yvonne  n’umwe mu banyeshuri  baturuka mu murenge wa Kintobo bigishirizwa ikoranabuhanga muri ICT Bus  mu Karere ka Nyabihu, avuga ko yarangije amashuri yisumbuye mu mwaka wa 2006-2007 mu ishami rya History Economics and Geograph”HEG”,ariko batagize amahirwe yo kwiga mudasobwa.

    Kuri we ngo kuba abasha kwiyandikira ibyo ashaka kuri mudasobwa akabibika,akamenya uko abifungura,n’ibindi ngo n’ibintu byamushimishije cyane yumvaga atazageraho.

    Ati: “ubu sinatinya gusaba akazi kansaba gukoresha mudasobwa kuko hari byinshi mbasha gukoraho kandi by’ingenzi”.

    Nsabimana Ahmed umunyeshuri muri ICT Bus nawe avuga ko ari iby’igiciro cyinshi kuba afite ubumenyi kuri mudasobwa kuko atakekaga ko yayigeraho.

    Avuga ko yarangije amashuri yisumbuye atayize ariko akaba yaragize amahirwa atangaje yo kuyigeraho. Amaporogaramu nka Word, Excel, ngo ntiyari azi n’ibyo ari byo ariko amaze kumenya uko bikora n’agaciro kabyo.

    Ikindi kandi ngo yishimiye cyane kujya amenya uko ibiciro bihagaze ku isoko akoresheje mudasobwa kuko mu buzima bwe yihaye umurongo wo gukora ibintu bijyanye n’ubuhinzi kuko asanga bizamuteza imbere.

    Bamwe mu baturage batandukanye iri koranabuhanga ryagezeho bakaba bishimira byinshi bagenda bungukiramo bizabafasha mu buzima buri imbere.


    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED