Subscribe by rss
    Thursday 25 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, Feb 10th, 2012
    featured1 / Ibikorwa | By gahiji

    Nyanza: Hatangiye icyumweru cyo kurwanya ruswa mu nkiko

    uyu munsi tariki 07/02/2012, ku Rukiko Rukuru, urugereko rwa Nyanza mu karere ka busasamana hatangijwe icyumweru cyo kurwanya ruswa mu nkiko.

     

    Ubwo Perezida w’Urukiko Rukuru, Urugereko rwa Nyanza, Mugabo Pion, yatangizaga ku mugaragaro ibikorwa by’icyo cyumweru yatangaje ko ruswa ibangamira isura nziza y’ubutabera bigatuma ababwiyambaza batabwizera.

     

    Yakomeje avuga ko Ruswa ihesha isura mbi iguhugu ndetse n’abashoramari bashobora guturuka hanze cyangwa ba mukerarugendo bakaza bikandagira. Yagize ati “iyo tubuze abo bantu igihugu cyacu kiba kihahombera, kubera ko kiba kibuze amafaranga menshi yashobora kwinjira mu gihugu.”

    Nyanza Hatangiye icyumweru 1

     

     

     

    Perezida w’Urukiko Rukuru, Urugereko rwa Nyanza, Mugabo Pion( Hagati) ari kumwe na bamwe mu bacamanza b’urwo rukiko. Foto: JP

     

    Mugabo Pion yavuze ko bihaye gahunda yo kurwanya ruswa kuko hari aho yagiye igaragara mu nkiko nubwo atari henshi. Yagize ati “Ibyo bigaragaza ko hari icyaha cya ruswa akaba ari nayo mpamvu igomba kurwanywa by’intangarugero kandi buri wese abigizemo uruhare”.

    Nyanza Hatangiye icyumweru 2

     

    Abaturage n’abafunzwe bose bari bitabiriye umuhango wo gutangiza icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa mu Nkiko.

     

    Perezida w’Urukiko rukuru, urugereko rwa Nyanza yagaragaje ko ruswa ishobora gutangwa mu buryo bw’amafaranga, indonke, impano, ikimenyane, icyenewabo n’igitinyiro.

     

    Abafite imanza mu nkiko basabwe kwirinda abantu bababeshya ko bagira ibyo batanga kugira ngo batsinde kuko umuburanyi adatsinda kubera ko hari ibyo yatanze ahubwo atsinda kuko afite ibimenyetso byemewe n’amategeko.

     

    Yanaboneyeho gutanga umurongo wa telefoni itishyurwa ariwo 3670 kugira ngo uwo ari wese wabona atanga ruswa cyangwa ayisaba afashe ubuyobozi gutanga amakuru.

     

    Umuhango wo gutangiza icyumweru cyo kurwanya ruswa kiva tariki 6 kugeza 10 Gashyantare 2012 mu rukiko rukuru, urugereko rwa Nyanza witabiriwe n’abaturage banyuranye barimo n’abafite imanza mu Nkiko. Insanganyamatsiko y’icyo cyumweru igira iti “Guhishira ruswa bingana no kuyishyigikira”.

     

    MuRwandaicyaha cya Ruswa gihanwa n’itegeko nomero 23/2003 ryo ku wa 07/08/2003 ryerekeye gukumira, kurwanya no guhana icyaha cya Ruswa n’ibindi byaha bifitanye isano nayo.

     

     

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED