Subscribe by rss
    Saturday 23 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Feb 29th, 2012
    Ibikorwa | By vincent

    NSR | Birakwiye ko imirenge yongererwa ubushobozi bwo gukora

    Rwanda : Abayobozi b’Intara y’amajyepfo bari mu mwiherero

    Abayobozi b’Intara y’amajyepfo bari mu mwiherero n’abayobora uturere n’imirenge muri iyi ntara guhera tariki ya 23 Gashyantare. Icyifuzo nyamukuru ni uko iterambere ryahera ku baturage kuko nta cyo bimaze kugaragaza ko wesheje imihigo nyamara abaturage bawe bakennye cyane. Ibi bisaba ko aba baturage bakurikiranwa umunsi ku wundi, nyamara imirenge yagakoze iki gikorwa ntifite ubushobozi buhagije. Abari mu mwiherero batanze ibyifuzo ku byakorwa.

    Umwe mu bari mu mwiherero yagize ati : « Hari abakozi b’imirenge bishwe no kutigirira icyizere ku buryo igihe cyose bakora icyo babwiwe kandi na bo bashoboye gutekereza. Nk’abashinzwe imibereho myiza, ntibajya begera abaturage ngo bamenye ibibazo byabo. Ntiwababaza umubare w’ingo zirwaje bwaki, ntiwababaza abaturage bafite bakennye, … nyamara kandi bashinzwe imibereho myiza. Birakwiye ko bahabwa uburyo bwo kujya gusura abo bashinzwe, ntibazabashe kujyayo ari uko gitifu cyangwa goronome abahaye rifuti ».

    Uyu muyobozi yunganiwe n’abandi bagaragaje ko kugeza ubu uturere ari two duhabwa ubushobozi bwo gukora buhagije naho imirenge yegereye abaturage kurushaho ikaba itabufite. Bagaragaje rero ko kugira ngo iterambere ryihutishwe rihereye ku muturage, bisaba ko imirimo imwe n’imwe isanzwe ikorerwa ku rwego rw’uturere yamanuka igakorerwa ku mirenge kandi na none imirenge igahabwa ingengo y’imari ifatika.

    Umwe mu bayobozi wari mu mwiherero yagize ati : « abakorera mu mirenge banganya amashuri na benshi mu bakorera mu turere. Na bo rero (abo mu mirenge ndlr) bahawe ubushobozi bwo gukora, gutekereza no gukora ibikorwa bifatika ntibyabananira ».

    Iterambere ryihuse kandi rihamye rikwiye guhera ku baturage koko, kuko ntiwavuga ko utera imbere kandi abaturage benshi bari munsi y’igipimo cy’ubukene. Nubwo abafashe amagambo bagiye bagaragaza ko abakorera mu mirenge bakwiye kongererwa ubushobozi bwo gukora, utugari na two ntitwari dukwiye kwibagirana kuko ari two twegereye abaturage kurushaho. Guverineri Munyentwari we ati : « mu gutekereza ku byakorwa kugira ngo abo tuyobora batere imbere, njye muze kumbwira icyo mwumva muteganyiriza utugari ». Ibyo ari byo byose iki gisubizo kizaboneka mu myanzuro y’uyu mwiherero.


    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED