Subscribe by rss
    Friday 15 February, 2019
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, Mar 2nd, 2012
    Ibikorwa / Latestnews | By gahiji

    Kamonyi: Gukemurira ibibazo mu nteko z’abaturage bituma byihuta

    Ibyo biratangazwa n’umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi  Rutsinga Jacques, ubwo yari yitabiriye inteko yateraniye ku murenge wa Nyamiyaga ahakirirwa ibibazo by’abatuye agace k’amayaga.

    Kamonyi Gukemurira ibibazo 

    Mu nteko y’abaturage yateraniye kuri site ya Nyamiyaga  kuri uyu wa 29 Gashyantare 2012, abaturage bagera kuri 200 bari bazanye ibibazo bijyanye n’akarengane, imbere ya Komisiyo y’Akarere ishinzwe kurwanya akarengane na ruswa, basaba ubujyanama mu by’amategeko no kurenganurwa.

    Hagaragaye ubwunganizi hagati y’abaturage ubwabo kuko uwatangaga amakuru uko atari abaturanyi be cyangwa umuyobozi w’urwego rw’ibanze icyo kibazo cyagezeho mbere yabashaga kubisobanurira komisiyo ikacyumva neza maze ikaboneraho kugisobanura no kugishakira umuti.

    Umuyobozi w’Akarere Rutsinga Jacques atangaza ko mu nteko y’abaturage abaturage bazana ibibazo ariko kandi bakagira n’uruhare runini mu kubikemura kuko aribo baba bafite amakuru ahagije bitewe n’uko baba hamwe kandi bakaba baziranye bihagije.

     

    Nk’uko umuyobozi w’Akarere abivuga ngo amabwiriya ya Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu avuga ko ibibazo bigomba gukemuka bihereye mu mudugudu aho abatuye umudugudu baterana maze bagafatanya kwiga ku bibazo bari kumwe n’umukuru w’umudugudu.

    Icyo gihe umukuru w’umudugudu yandika imyanzuro mu ikaye y’umuryango maze akabishyikiriza akagari nako kakabicyemurira mu nteko y’abaturage , ibinaniranye bakabyohereza ku murenge. Ngo “ku rwego rw’umurenge niho n’ubuyobozi bw’akarere buza kubafasha gukemura ibyo bibazo”.

    Ako karere ka Kamonyi gafite komisiyo ishinzwe guca akarengane na ruswa igizwe n’umuyobozi w’Akarere, Ushinzwe imiyoborere myiza, ingabo, Polisi ndetse n’umukozi w’inzu y’ubutabera (MAJ). Iyo komisiyo isura baturage buri wa gatatu ikabasanga kuri site eshatu arizo Gihinga, Nyarubaka na Karama.


    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED