Subscribe by rss
    Saturday 16 February, 2019
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Mar 3rd, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Ngoma:Abajya i Burundi barasabwa kujya baca ku mipaka yemewe


    Ubuyobozi bw’umurenge wa Ngoma wo mu karere ka Nyaruguru burasaba abaturage bo muri uyu murenge kujya banyura ku mipaka yemewe igihe cyose berekeje i Burundi. Abaturage nabo bakaba babyishimiye ngo kuko gukoresha imipaka yemewe bizatuma barushaho gukora ingendo zabo mu mutekano.

    Umurenge wa Ngoma ni umwe mu mirenge ihana imbibi n’igihugu cy’u Burundi.Kuba uyu murenge wegereye igihugu cy’u Burundi byatumye abaturage b’ibihugu byombi bagirana umubano wihariye  bigatuma habaho imigenderanire hagati y’aba baturage umunsi ku munsi.

    Umwe mu baturage twaganiriye wo ku musozi wa Ryakanyamiganda mu kagari ka Nyamirama yagize ati “ tuhafite amashuti hari n’abakobwa bacu bahashatse cyangwa hari n’ababo bashatse ino.”Kuva kuri uyu musozi wa Ryakanyamiganda ujya i Burundi ni urugendo rw’iminota 20 n’amaguru.

    Ubusanzwe abaturage bo muri uyu murenge bakoreshaga inzira zitemewe iyo babaga berekeza i Burundi.Abenshi ngo bahitagamo guca mu nzira z’ubusamu bakambukira mu Kanyaru. Ariko kuri ubu, iyi nzira yarafunzwe, abaturage basabwa kujya bambukira ahari umupaka wemewe.

    Aba baturage cyakora bavuga ko kuba bagiye kujya baca ku mipaka bizatuma bakora ingendo zabo mu mutekano.Uwitwa Mukakalisa yagize ati “mu gihe wahanyuze [ku mupaka]bakaguha icyangombwa uba uzi ko bazi ko wagiye n’iyol wagira ikibazo bagukurikirana.”

    Alfred Ruhumuriza,umukozi ushinzwe irangamimerere mu murenge wa Ngoma avuga ko impamvu yatumye ubuyobozi bw’umurenge wa Ngoma bufata iki cyemezo ari ukugira ngo “burusheho gucunga umutekano.”

    Ubuhahirane hagati y’abatuye hafi y’imipaka y’ibihugu bukunze kurenga iby’ubucuruzi,bikagera no mu gusangira, guhana abageni ndetse no kubaka ubushuti. Ab’i Ryakanyamiganda na Cyinyana nabo niho bageze, dore ko iyo uganiriye n’abanyarwanda wumva ururimi rwabo rurimo ikirundi; byumvikana ko basanzwe bagenderanira kandi bakanagiorana umubano ukomeye.


    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED