Subscribe by rss
    Tuesday 19 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Mon, Mar 5th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Rwanda : abaturage bo mu mudugudu w’Akabuga bageze kuri byinshi babikesha gushyira hamwe


    Rwanda Umuyobozi w’umudugudu w’Akabuga

    Umuyobozi w’umudugudu w’Akabuga

    Mu gihe hagenda haboneka abantu bagaragaza ko bitaboroheye kubona amafaranga y’ubwisungane mukwivuza, bitewe ahanini nuko akenshi baba ari benshi mu muryango wabo maze amafaranga 3000 ku muntu yaba menshi imiryango bikayigora kuyabona, mu mudugudu w’Akabuga uherereye mu kagari ka Mpare, umurenge wa Tumba, akarere ka Huye, bo iki kibazo baragikemuye. Uko babyitwayemo birasobanurwa n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’uyu mudugudu.

    Ngo kujya inama n’abo ayobora maze bakamuyobora na we akabayobora, ni ryo banga uyu munyamabanga nshingwabikorwa yakoresheje. Ngo akimara gutorwa, yasanze nta kuntu yakorana n’abantu bataziranye. Yabasabye kuzajya bahurira mu nama buri wa 6 saa cyenda maze bakajya inama.

    Kubera ko mu mudugudu wabo harimo abantu bakennye cyane, biyemeje kuzajya buri wese azana amafaranga magana abiri uko bahuye bakayegeranya kugira ngo azabagirire akamaro. Nyuma y’amezi atandatu bari bamaze kugera ku bihumbi magana acyenda na mirongo itanu (950.000) maze barayagabana barishima.

    Nyuma yaho baje kujya inama basanga kugabana atari byiza maze ahubwo biyemeza kuzajya bayabika muri Sacco, ugize akabazo bakamuguriza.  Ayo mafaranga babitse rero ni yo yavuyemo amafaranga ya mituweri ku banyamuryango bose ku buryo ubungubu ingo zose zo muri uyu mudugudu uko ari 143 nta na rumwe rutayigira.

    Bamaze kubona ko ikimina gifite akamaro mu gukemura ibibazo byo mu rugo, byaboroheye kwemeza n’urubyiruko gukora ikimina cyarwo cyihariye. Abasore bagera kuri 40 rero begeranya amafaranga 2.000 buri wa 6 maze babiri muri bo bakagurizwa 40.000 bifashisha mu bikorwa binyuranye.

    Imanza mu mudugudu zaragabanutse

    Iyo bahuriye mu nama kuwa 6 ntabwo begeranya amafaranga gusa, banajya inama muri rusange y’uko bakwitwara kugira ngo batere imbere kurushaho. Icyo gihe n’abafitanye amakimbirane bayarangiriza aho ku buryo batagifata igihe cyo kujya mu manza zibatesha igihe.

    Ibi byose rero byatumye uyu muyobozi yumva kuyobora bimuryoheye nk’ubuki. Yagize ati : “nta wamvuga nabi abaturage banjye bumva ngo bamwihanganire kuko bankunda cyane nanjye nkabakunda”.

    Inama agira abandi bayobozi b’imidugudu, ngo ni ukujya inama n’abo bayobora kuko abajya inama batahiriza umugozi umwe kandi bakishimira kuba babanye. Yunzemo agira ati: “njye mu mudugudu wanjye tugiye gukomeza kuyoborana, banyobore mbayobore kandi tuzagera kuri byinshi”.

       

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED