Subscribe by rss
    Thursday 21 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Mon, Mar 5th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Rwanda | Huye: Umurenge wa Tumba wishimiye ko wahize indi mirenge

    Rwanda Huye Umurenge wa Tumba

    Mu mwaka wa 2010-2011 mu ngengo y’imari,  , Umurenge wa Tumba ni wo waje ku isonga ry’indi mirenge yo mu Karere ka Huye mu kwesa imihigo. tariki ya 2 Werurwe,2012 abagize uruhare bose mu bikorwa byahesheje uyu murenge umwanya mwiza, ni ukuvuga abakozi b’uyu Murenge, abanyamabanga nshigwabikorwa b’utugari n’ab’imidugudu ndetse n’abayobozi ba za njyanama bahuriye hamwe maze bishimira ubwo buhizi, banafata ingamba zo gukomeza gukora bakaguma ku mwanya wa mbere.

    Nk’uko Mutsindashyaka Alphonse, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’uyu Murenge yabivuze, ngo mu buhinzi babaye aba mbere kuko utugari two mu murenge wabo ari two twaje ku isonga ry’utundi. Mu bizamini by’icyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye na bwo bahize indi mirenge kuko ikigo cy’amashuri cyatsindishije abana benshi kiri mu murenge wabo, ….

    Kuba barabashije kuza ku mwanya wa mbere ngo babikesha gukorera hamwe. Intero yabo ni “Dukorere igihe, tugwize umusaruro” naho inyikirizo ikaba “ikipe imwe, icyerekezo kimwe, intego imwe”.

    Nubwo babaye aba mbere mu kwesa imihigo, ngo baracyafite ibibazo bahanganye na byo bizera ko mu kwezi kwa Kamena bazaba bafite aho babigeze ku buryo bitazababuza kongera kuba aba mbere muri uyu mwaka w’ingengo y’imari. Icya mbere muri ibyo bibazo ngo ni imihanda itameze neza. uretse iyo Akarere kiyemeje gukora, bo ubwabo bari gukusanya amafaranga mu baturage kugira ngo babashe kuyikorera.

    Ikindi kibazo bari guhangana na cyo ni icy’ubukene bw’abaturage. Ngo biyemeje kuzahinga ahari ibisambu hose bakanahuza ubutaka bahingira hamwe. Bafite n’urubyiruko rutagira akazi, none biyemeje kurufasha kwibumbira mu makoperative y’ubuhinzi bw’imyumbati ndetse n’ubworozi bw’ingurube n’amafi . Mutsindashyaka ati : « yego inderamaboko ntizibura, ariko buke bukeya tuzagenda tubereka akamaro ko gukora tuberekera ku bandi umurimo wagiriye akamaro ».

    Umurenge wa Tumba ngo unagaragaramo uburaya n’ibiyobyabwenge bikabije. Ubuyobozi bw’umurenge, bufatanije n’abafatanyabikorwa banyuranye, bwiyemeje kuzagenda buca izi ngeso mbi buke buke. Ku bijyanye n’ibiyobyambwenge by’umwihariko,  i Tumba hakunda kugaragara za nyirantare abaturage banywa bamara gusinda bagatera amahane. Ibi byatumye abakora izi nzoga babumbirwa muri koperative yenga urwagwa rusanzwe. bakazagenda bafashwa gukora urwo rwagwa ku buryo ruzajya rushyirwa ku isoko rupfundikiye.

    Umuyobozi w’akarere ka Huye wari waje kwifatanya n’umurenge muri iki gikorwa yabashimiye kuba barabashije guhiga indi mirenge maze yungamo agira ati : « no kuba mwaratsinze mugafata umwanya wo kubyishimira ni igikorwa gikomeye. Hari abandi bagira umwanya mwiza bikarangirira aho ».

    Uyu muyobozi kandi yabasabye kutirara kuko hari igihe ubutaha abandi babarusha maze aranababwira ati : « muri aba mbere mu mihigo mukaba n’aba mbere mu bafite urubyiruko rwinshi rwishora mu buraya. Muracyanafite abantu bagira umwanda kandi umurenge wanyu uri mu mugi. » Yabasabye rero kurushaho gushyira imbaraga mu gukemura ibyo bibazo.

    Uyu munsi kandi wanaranzwe no gushyikiriza ibyemezo by’ishimwe abagize uruhare mu gutuma uyu murenge uza ku isonga ry’indi mirenge. Abo ni abayobozi b’utugari n’imidugudu bagaragaje ibikorwa bifatika kurusha abandi ndetse n’abafatanyabikorwa bakorera muri uyu murenge. Byose byashojwe n’ubusabane ndetse no gucinya akadiho.

    Iyo ufashe igihe cyo kwishimira ibyo wagezeho biguha no gutekereza ku byo uzakora kugira ngo urusheho gukora neza. Twizere ko n’aba bakozi bashimiwe byabateye imbaraga zo kwiyemeza gukora kurusho.

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED