Subscribe by rss
    Monday 01 March, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, Mar 8th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    GISAGARA: BAGIRANYE AMASEZERANO N’AKARERE MU GUTEZA IMBERE IMITURIRE

    RWANDA : GISAGARA BAGIRANYE AMASEZERANO

    Abanyamabanga nshingwa bikorwa b’imirenge mu karere ka Gisagara basinyanye amasezerano n’akarere, amasezerano avuga ko bagiye kwita ku kibazo cy’imiturire kigakemuka neza kandi mu gihe gito.

    Aya masezerano abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge bagiranye n’akarere agamije gutuza abaturage neza mu midugudu no ku mihanda ahitaruye ibikombe kandi mu mazu meza nk’uko Leta ibisaba.

    Ibi kandi bigomba no gufasha mu rwego rw’ubuhinzi n’iterambere muri rusange kuko igihe abaturage bazaba bamaze gutura mu mu midugudu no ku mihanda, hazasigara ubutaka buhagije muri bya bikombe n’ibishanga bushobora guhingwamo.

    Gutura ku mihanda no mu midugudu kandi bizateza imbere ubucuruzi n’ibindi bikorwa by’iterambere kuko ahantu hatuye abantu benshi kandi ahantu horoshye gucisha ibikorwa nk’amazi meza n’amashanyarazi biba byoroshye ko hatera imbere.

    Aba banyamabanga nshingwa bikorwa biyemeje kurwanya nyakatsi burundu nubwo bavuga ko n’ubundi ntazari zikirangwa muri aka gace ariko ngo ntihakwirengagizwa ko hari benshi bagifite imyumvire iri hasi bashobora kongera bakagarura ibyo bitekerezo.

    Ku kibazo cy’imyumvire, abayobozi bagiye bagaragaza ko bahura nacyo kenshi aho na bamwe mu babyiruka ubu bavuga bati “Ababyeyi bacu bazibayemo baratubyara baradukuza ntacyo tuzinenga”.

    Umuyobozi w’akarere Leandre KAREKEZI avuga ko kuri iki kibazo cya nyakatsi batigeze banirengagiza ubushobozi bwa buri muntu mu bazibagamo, akabivuga ashaka kubeshyuza ibihuha byagiye bivugwa ko ngo akarere kasenyeye abantu banyakatsi bakabata ku gasozi.

    Bwana Leandre aravuga ko aba bantu babaga muri nyakatsi bashyizwe mu byiciro 3; hari abafite ubushobozi buke basabwaga kubaka bagahabwa isakaro, hari abadashoboye bari kubakirwa n’abafite imbaraga zo gukora bahawe imirimo ibahemba kugirango baziyubakire.

    Nubwo rero byabayeho ko izi nyakatsi zisenywa, umuyobozi w’akarere avuga ko buri muntu ikibazo cye cyabanje kwigwaho kuko nta muntu n’umwe wasenyewe adafite aho ajya kuba mbere y’uko agira inzu ye haba mu bo mu muryango we cyangwa gucumbika ku bundi buryo, kuko kuri we ngo gushyira umuntu hanze nabyo ntacyo byaba bikemuye. ati “Nyakatsi ntikwiye kuvaho uyirimo adafite aho ajya”

    Abanyamabanga nshingwa bikorwa bemeye ko bazajya batanga raporo zivuga ku miturire buri kwezi kandi bemerako bazagenzura ko nta muntu wubaka atabiherewe uruhushya cyangwa ngo yubake uko abonye.

    Kugirango kandi ibi byose bigerweho neza abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge biyemeje kuzagirana amasezerano n’abanyamabanga nshingwa bikorwa b’utugari.

    Aya masezerano azagenda ajya no muzindi nzego zitandukanye zitari imiturire mu rwego rwo guteza imbere aka karere mu nzego zose.


    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED