Subscribe by rss
    Wednesday 20 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Mar 10th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Uturere twa Nyanza, Muhanga na Ruhango tugiye kubona amazi meza ahagije

    Rwanda | Uturere twa Nyanza, Muhanga

    Mu nama nyunguranabitekerezo yabereye mu karere ka Nyanza muri Heritage Hotel tariki ya 9/03/2012 yahuje impuguke z’ibiro bya SCET Tunisie n’umuyobozi w’Intara y’amajyepfo Munyentwari Alphonse hagaragajwe inyigo y’igishushanyo mbonera cy’ibikorwa by’amazi meza n’isukura mu turere twa Nyanza, Muhanga na Ruhango.

     

    Iyo nyigo yamaze gukorwa n’izo mpuguke hari hakenewe gusa ibitekerezo by’abafite ibikorwa by’amazi meza mu nshingano zabo muri utwo turere kugira ngo yemerwe nk’uko Albert Yalamba umuhuzabikorwa wa porogaramu y’igihugu yo gukwirakwiza amazi meza n’ibikorwa by’isuku mu cyaro yabitangaje.

     

    Yakomeje avuga ko icyo gishushanyo mbonera kizafasha uturere twa Nyanza, Ruhango na Muhanga kugeza ku baturage serivisi z’amazi meza n’isukura ku gipimo kingana na 100% mu gihe kitarenze umwaka wa 2017 nk’uko gahunda ya leta y’u Rwanda yabyemeje.

     

    Yalamba Albert yasobanuye ko ubusanzwe utwo turere  twahuraga n’ikibazo cy’amzi meza cyane cyane mu gice cy’amayaga.  Ngo ibyo bikaba byatumaga amazi ataboneka ku buryo buhagije ndetse bikagora abakora igenamigambi ry’utwo turere kuyahageza.

     

    Yagize ati “ iki gishushanyo mbonera kizafasha utu turere uko ari 3 kumenya ibibazo by’ukuri by’amazi uko bimeze, kumenya aho amazi meza yaturuka  n’amafaranga byatwara uko angana”.

     

    Guverineri w’Intara y’amajyepfo ari nawe wamurikiwe inyigo y’icyo gishushanyo yagarutse ku ishusho y’amazi meza muri utwo turere avuga ko yari ku gipimo kingana na 67% abasigaye bangana na 33% bakaba bari bugarijwe n’ikibazo cy’amazi meza.

     

    Munyentwari yagize ati “ Raporo ku nyigo y’iki gishushanyo izagaragaza uko twakomeza gucunga amazi meza dufite nayo tuzabona kugira ngo atazangirika tugasubira mu kibazo twari dusanganwe”.

     

    Iyo nama nyunguranabitekerezo ku kibazo cyo gukwirakwiza amazi meza mu turere twa Nyanza, Ruhango na Muhanga yitabiriwe n’abayobozi b’utwo turere bungirije bashinzwe ubukungu, imali n’amajyamambere, abanyamabanga Nshingwabikorwa b’utwo turere, abakozi bashinzwe ibikorwa remezo muri utwo turere, abanyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge y’utwo turere hiyongereyeho abafatanyabikorwa muri two turere mu bijyanye n’amazi n’isukura.


     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED