Subscribe by rss
    Monday 18 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Mar 14th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Rwanda : Mu rwego rwo kwihangira agashya abaturage biyujurije ibiro by’imidugudu

    Abaturage bo mu midugudu yo mu kagari ka Kiruri, umurenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza, bamaze kwuzuza ibiro by’imidugudu yabo izajya ikoreramo.

     

    Aba baturage bavuga ko ibi biro bigiye kubakiza umwanya bataga biruka inyuma y’abayobozi babo batagiraga ibiro.

     

    Aba baturage bo muri uyu murenge, bamaze kubaka ibiro by`imidugudu cumi n`umwe ikagize.

     

    Buri nzu yujujwe mu biro ni metero esheshatu ku munani. Ni plan ya mazi amwe ariko ikagira icyumba cy’ibiro by’umukuru w’umudugudu ndetse n’icyumba cy’inama.

     

    Bamwe mu batuye aka kagari bavuga ko bizeye ko ibi biro bigiye kubafasha gukemurirwa ibibazo bakahakorera ibintu bitandukanye ndetse hakanaba ububiko bw`amadosiye y’akazi.

     

    Bavuga ko hari ubwo bajyaga kureba umukuru w’umudugudu bagasanga amadosiye bakeneye yaranyagiwe cyangwa yafashwe nabi kuko atabikwaga ahabugenewe ariko ngo ibi ntibizongera kubaho cyangwa ngo bibe urwitwazo.

     

    Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagali ka kiruli Mugabo Andereya, avuga ko ibiro by`imidugudu bizabafasha mu nzego nyinshi haba   mu miyoborere myiza, mu bukungu, ubuzima ndetse no guca ruswa

     

    Mugabo ati: “bizafasha ko abaturage tuzajya tubasanga aho kugirango babe aribo badusanga, bityo serivisi nziza zinozwe. Wasangaga umukuru w’umudugudu bamusanga aho babonye hose no mu kabari bityo bikaba byabyara ruswa ariko ndumva iki kije ari igisubizo cyabyo”.

     

    Iki gikorwa cyo kubaka ibiro by`imidugudu kikaba cyaratangiye mu kwezi kwa mbere 2012 aho ngo buri muturage yaba yaratanze amafaranga 400 yo kugura isakaro ndetse agatanga n’umuganda kabiri mu cyumweru.

     

    Aya mazu akaba ateganyijwe gutwara amafaranga angana na miliyoni 17 n`imisago naho uku kwezi kwa gatatu bakaba bazataha aya mazu ubwo azaba atangira gukorerwamo.

     

    Uyu murenge kandi ukaba ugizwe n’ingo 1521 zibarirwamo abaturage 12322 .

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED