Subscribe by rss
    Sunday 17 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Mar 17th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    “Imihigo ni iy’abaturage bose” – Umuyobozi wa Kayonzi

    Rwanda | Umuyobozi w’akarere ka Kayonza, Mugabo John

    Umuyobozi w’akarere ka Kayonza, Mugabo John

    Umuyobozi w’akarere ka Kayonza, Mugabo John, arasaba ubufatanye bw’abayobozi b’inzego z’ibanze n’abaturage muri rusange mu gushyira mu bikorwa imihigo umuyobozi w’ako karere yasinyiye imbere ya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kageme.

    Nyuma y’aho bigaragariye ko hari imihigo itarashyirwa mu bikorwa uko bikwiye kandi hasigaye amezi atarenga atatu kugira ngo hakorwe igenzura ry’uko imihigo yashyizwe mu bikorwa, abayobozi b’akarere ka Kayonza bakoze umwiherero tariki 15/03/2012 wo kwiga kuri icyo kibazo.

    Raporo z’ishyirwa mu bikorwa ry’imihigo akarere ka Kayonza kashyikirije ubuyobozi bw’intara y’uburasirazuba mu kwezi gushize yagaragazaga ko imihigo 15 yonyine ari yo yagendaga neza yari imaze gushyirwa mu bikorwa ku gipimo kiri hagati ya 50 na 64%, mu gihe ako karere kasinye imihigo 38.

    Umukozi ushinzwe igenamigambi mu karere ka Kayonza yavuze ko ubu hari intamwe yatewe kuko imihigo itandatu yonyine ari iyo itagenda neza, iyindi yose ikaba yaramaze gushyirwa mu bikorwa ku kigereranyo nibura cya 50 ku ijana.

    Myinshi muri iyo mihigo itagenda neza imaze gushyirwa mu bikorwa ku gipimo cya 40 ku ijana gusa. Umuyobozi w’akarere ka Kayonza akaba yibutsa abayobozi b’inzego z’ibanze ko bagomba kugira uruhare kugira ngo akarere kazese imihigo.

    Yagize ati “Niba twarahize ko ingo zose zigomba kuba zifite akarima k’igikoni, bizaba ngombwa ko umuyobozi w’akarere amanuka kubwira umuturage ngo kuki utubaka akarima k’igikoni?…izo ni inshingano zakagombye kuba iz’umukuru w’umudugudu”.

    Umuyobozi w’akarere yakomeje avuga ko abakuru b’imidugudu n’abanyamabanga nshingwabikorwa by’umwihariko hari igihe badohoka ntibite ku nshingano za bo, bakarebera abaturage kandi bakora ibintu bidakwiye. Yabasabye kwisubiraho no kugerageza guhindura imyumvire y’abaturage aho bikenewe.


    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED