Subscribe by rss
    Tuesday 02 March, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Mar 17th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    “Abashinzwe imali n’umutungo wa leta banyuranya n’ibisabwa bitegure guhanwa” – Harindimana Côme

    Rwanda | Harindimana Côme umushinjacyaha ukorera mu bushinjacyaha Bukuru

    Harindimana Côme umushinjacyaha ukorera mu bushinjacyaha Bukuru

    Ubwo tariki 15/03/2012 mu karere ka Nyanza hasozwaga amahugurwa y’iminsi 3 yari agenewe abashinzwe imali n’umutungo wa leta hamwe n’abashinzwe gutanga iby’amasoko ya leta mu turere tw’Intara y’Amajyepfo  uko bari 50 bongeye kwibutswa ko abazajya banyuranye n’ibisabwa muri bo bazajya babihanirwa.

    Harindimana Côme umushinjacyaha ukorera mu bushinjacyaha Bukuru mu itsinda rishinzwe gukurikirana ibyaha bimunga ubukungu bw’igihugu yongeye kwibutsa abahugurwaga kwirinda kunyuranya n’ibikubiye mu mategeko n’amabwiriza bibaranga ngo kuko aribyo bibakururira gukurikiranwa mu nkiko.

     

    Yakomeje avuga ko muri rusange mu micungire y’umutungo wa leta mu turere hagenda hagaragara amakosa amwe na namwe akorwa.

     

    Yagize ati : “ amategeko arasobanutse niyo mpamvu iyo hagaragaye ko umwe yakingiye undi ikibaba hatangwa ibihano byo mu rwego rw’amategeko.

     

    Ruburika Antoine ushinzwe guteza imbere imiyoborere myiza mu kigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere myiza yatangaje ko iyo igihugu kidashingiye ku miyoborere myiza  biba ari ikibazo cyitoroshye.

     

    Yasabye ko ibyo bahuguwe byazabagirira akamaro aho kubabera insigarabyicaro ngo batahe amara masa. Yakomeje asaba abahuguwe kuzirinda ruswa mu mirimo yabo.

     

    Yagize ati: “ Nimutaha muzarebe neza impamvu itera kutagenda neza ibyo mushinzwe hanyuma mubikosore amazi atararenga inkombe. ”.

     

    Gakumba Claudeushinzwe imiyoborere myiza ku rwego rw’Intara y’amajyepfo akaba yari ahagarariye Intara muri uwo muhango yishimiye ukuntu amahugurwa yegenze neza anashimira by’umwihariko ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere myiza  cyayabateguriye.

     

    Abari muri ayo mahugurwa bayashoje biyemeje kuzahugura abandi kuryo buryo bw’imicungire y’imali n’umutungo wa leta mu nzego z’ibanze zegereye abaturage  kuva mu buyobozi bw’imidugudu, akagali n’umurenge.


     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED