Subscribe by rss
    Wednesday 03 March, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Mon, Mar 26th, 2012
    featured1 / Ibikorwa | By gahiji

    Rwanda | Huye: SACCO zo mu Mirenge zahawe mudasobwa


    Kuwa 22 Werurwe, Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe guteza imbere amakoperative, RCA, cyashyikirije SACCO zo mu Mirenge yo mu Karere ka Huye inkunga y’ibikoresho byo mu biro.

    Huye SACCO zo

    Izi mudasobwa sacco zahawe zari ziherekejwe n’ibyuma bibika umuriro (ondulaire) ndetse n’imashini zifashishwa mu gusohora inyandiko ari zo printer mu rurimi rw’icyongereza. N’ubwo hari Sacco zari zisanganywe bimwe muri ibi bikoresho, nta n’imwe yasigaye idahawe.

    Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Kayiranga Muzuka Eugène wari witabiriye iki gikorwa,  yagize ati: “ibi bikoresho bije byiyongera ku byo aya makoperative yari asanganywe. Nizeye nta shiti ko SACCO zigiye kugera ku ntego yazo yo kwegereza abaturage imari no kuyikoresha”. Yanaboneyeho gusaba abayobozi ba SACCO kurushaho kuvugurura imikorere yabo, bagatanga inguzanyo kandi bakazishyuza kugira ngo abaturage bose bagerweho n’ikoreshamari kandi rigire akamaro kuri bose.

    Ibi ni na byo uwari uhagarariye ikigo cy’igihugu cyo guteza imbere amakoperative yagarutseho, asaba ko SACCO zarushaho kumenya ko ari ibigo by’ishoramari nk’ibindi byose, zigatangira gushishikariza abantu kuzigana bityo zikongera umutungo wazo binyuze mu gutanga no kwishyuza inguzanyo. Yanibukije abayobozi ba SACCO ko inkunga leta izitera irimo kuzihembera abakozi no kuziha aho zikorera izagera aho ikarangira, bityo iki kikaba ari cyo gihe cyo kwishakamo ubushobozi na cyane ko zibonye ibikoresho byo kuzifasha gukora neza.

    Koperative Umurenge SACCO ni ibigo by’imari byashyizweho na Leta y’u Rwanda hagamijwe kwegereza abaturage ibigo by’imari no kumenya kubigana. Mu Karere ka Huye hari SACCO z’umurenge 14 zose zikora neza. Icyakora hari izifite ikibazo cy’inguzanyo zitishyurwa neza, izi nguzanyo zikaba zikomoka ku kuba izi SACCO zarahujwe n’ama COPEC yari yaratanze inguzanyo mbere y’uko bihuzwa.

     

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED