Subscribe by rss
    Monday 18 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, Mar 29th, 2012
    Ibikorwa | By Aninta

    Abasenyewe n’imvura i Rwamagana barashimira Leta ko itahwemye kubitaho


    Rutayisire Sylvestre utuye mu Murenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana na bagenzi be basenyewe n’imvura yaguye mu Burasirazuba kuwa 20 uku kwezi baravuga ko umuhate wa leta y’u Rwanda mu gufasha abaturage bayo udasanzwe kandi ko bawuyishimira.

    Rwanda Abaturage b’i Muhazi babara ko bahawe amabati bakeneye ngo bongere basakare
    Abaturage b’i Muhazi babara ko bahawe amabati bakeneye ngo bongere basakare

    Ubwo abaturage basenyewe n’imvura mu Murenge wa Muhazi bahabwaga amabati yo kongera gusakara amazu yabo kuri uyu wa gatatu tariki ya 28 Werurwe, bagaragaje ko bishimiye cyane ubufasha bwa leta bubagobotse mu gihe gito.

    Rutayisire Sylvestre usanzwe abana n’ubumuga ati “Mwo kagira u Rwanda mwe, ubu mundeba ndatunguwe cyane. Aya mabati bari barayambwiye ariko sinabyemeraga kuko ntari nzi ko leta ijya itabara abaturage gutya. Cyera najyaga numva amabati yemerewe abatwa ntashyike. N’ubu numvaga ntayategereje rwose.”

    Nyirakigarama Yudita nawe ati “Rwose abayobozi b’iki gihe muzabashimire barakagwira. Twaraye dusenyewe nabonye baduha ibiringiti, none dore n’amabati bayampaye mu cyumweru kimwe. Ni ibitangaza by’Imana.”

    Rwanda Ingo 225 zasizwe  hanze n’imvura yo kuwa 20 uku kwezi
    Ingo 225 zasizwe  hanze n’imvura yo kuwa 20 uku kwezi

    Aba baturage b’i Muhazi muri Rwamagana bahawe amabati na Minisiteri ishinzwe gukumira Ibiza no gucyura impunzi nyuma y’uko basenyewe n’imvura n’imiyaga byayogoje Intara y’Iburasirazuba kuwa 20 Werurwe ikangiza bikomeye amazu y’abaturage 225 muri iyo Ntara, amenshi akaba yarasakambuwe amabati 3316 afite agaciro ka miliyoni zisaga 16 z’amafaranga y’u Rwanda, hatabariwemo inyubako za leta cyangwa insengero.

    Ubu benshi muri iyo Ntara bamaze guhabwa amabati yo gusakara, abaturage barafatanya mu bikorwa by’umuganda kongera gusakarira bagenzi babo.


    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED