Subscribe by rss
    Saturday 23 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, Feb 10th, 2012
    Ibikorwa / Latestnews | By Lisa

    Cyanika-Akagoroba kabagore imwe mu nzira ziganisha kubumwe nubwiyunge


    rwanda (1)

    Abagore bo murenge wa Cyanika ho mu karere ka Burera baratangaza ko akagoroba k’abagore ari kamwe mu nzira zikoreshwa mu kugera ku bumwe n’ubwiyunge.

    Ibyo bakaba babitangaje ku tariki ya 04/02/2012 ubwo bari bari mu mahugurwa ku bumwe n’ubwiyunge y’abavuga rikijyana bakoreshwaga na depite Mukarindiro Liberatha.

    Ubwo depite Mukarindiro yatangizaga ayo mahugurwa yasabye abayitabiriye kujya mu matsinda hakurikijwe ibyo bakora. Aho yabasabye kujya kuganira ku cyakorwa kugira ngo mu murenge bakomokamo hakomeze haze ubumwe n’ubwiyunge.

    Ubwo amatsinda yavugaga ibyo yaganiriye ho, abantu batanze ibitekerezo bitanduyanye. Gusa abenshi bahuriye ku kuba abantu bajya bahurira ahantu  ari benshi nko mu makoperative n’ahandi ku buryo bajya baganira bagakemurirana ibibazo.

    Hari n’abandi bifuje ko habaho n’itorero rikajya ribera muri buri mudugudu aho abantu bajya bahura bakigishwa ku bumwe n’ubwiyunjye.

    Ku ruhande rw’abagore bo mu murenge wa Cyanika bo bavuze ko batangiye inzira y’ubumwe n’ubwiyunge aho ngo bakora icyo bise “akagoroba k’abagore”.

    Nyirahabimana Christine uhagarariye abandi bagore muri uwo murenge avuga ko bahura ari abagore batandukanye ku mugoroba hakurikijwe imiryango yagiye yishyira hamwe.

    Agira ati “ turahura tukaganira tukareba niba hari ikibazo gihari tukagikemurira hamwe”. Akomeza avuga ko niyo hari umwe muri bo wagize ikibazo runaka bamufasha bose. Ngo iyo hagize uwanga kumufasha afatirwa ibyemezo, byanamuvira mo guhagarikwa.

    Agira ati “ iyo hagize uwanga gukora nk’ibyo dukora, turamuhagarika yabona asigaye wenyine akagira ipfunwe akagaruka akifatanya natwe”. Akomeza avuga ko akagoroba k’abagore gafite akamaro kuko gakemura ibibazo bimwe na bimwe biba biri mu miryango. Ngo iyo nayo ni inzira nziza y’ubumwe n’ubwiyunge.

    Depite Mukarindiro Liberatha avuga ko bateguye ayo mahugurwa mu rwego rwo kureba icyo abaturage bavuga ku cyakorwa kugira ngo ubumwe n’ubwiyunge bukomeze busagambe mu Rwanda ijana ku ijana.

    Yakomeje avuga ko hakozwe ubushakashatsi maze bukagaragaza ko abantu 80% aribo bavuga ko ubumwe n’ubwiyunge bwagenzwe ho. Yongeye ho ko 20% isigaye itemera ko ubumwe n’ubwiyunge bwagezwe ho ariyo yatumye bakora amahugurwa nk’ayo.

    Mukarindiro Liberatha yakomeje avuga ko amahugurwa nk’ayo aba mu gihugu hose kandi ngo azakomeza kugera mu mwaka wa 2013.

    Iyo ikaba ari gahunda y’inteko ishingamategeko imitwe yombi. Aho buri mudepite cyangwa umusenateri afite imirenge mu gihugu agomba kujya guhuguramo.


    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED