Subscribe by rss
    Sunday 24 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sun, Apr 1st, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Musanze: Ngo n’ubwo haherutse guturikira igisasu, umutekano ni wose

    Rwanda SecurityMu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru nyuma y’inama y’umutekano yaguye, Madamu Mpembyemungu Winifrida, Umuyobozi w’akarere ka Musanze yadutangarije ko inama y’umutekano yasanze umutekano umeze neza.

    Uyu muyobozi yagize ati: “Umutekano wifashe neza muri rusange. Cyakora nyine mu ijoro ryo kuwa 23 Werurwe 2012 haturikiye igisasu mu Mugi hagati, ariko ntibyatumye ku munsi ukurikiraho tutakira ibirori byo kwimika umushumba wa Diyosezi gatulika ya Ruhengeri”.

    Umuyobozi w’akarere ka Musanze yatubwiye ko  igisasu cyaturitse ari igikorwa cy’iterabwoba nk’ibyagiye bigaragara hirya no hino mu gugihugu nka Gitarama na Kigali. Tubibutse ko iki gisasu cyahitanye umuntu umwe unacyekwaho kuba yaba ariwe wagiteye n’ubwo ngo iperereza rigikomeza. Abari bakomeretse bose barakize ubu bavuye kwa muganga.

    Gusa ngo n’ubwo umutekano uhari, inama yaguye y’umutekano yongeye gufata ingamba zo kurushaho kuwurinda. Mu by’ingenzi byemejwe harimo ko ahantu bose bacumbikira abantu, amahoteli ariko cyane cyane na  za Lodge kujya bandika abakiriya baraye muri ayo macumbi kandi bagatanga raporo buri munsi mu nzego zibishinzwe kuko ngo hari igihe batitonze bashobora gucumbikira n’abo bagizi ba nabi.

    Indi ngamba yafashwe ni iyo gukaza amarondo kugira ngo abaturage bose bibungabungire umutekano kandi buri wese ngo “abe ijisho rya mugenzi we”. Izi ngamba zombi mu byukuri zigamije kurushaho guhanahana amakuru ku buryo bwihuse butuma umutekano urushaho gusagamba. Ibindi birimo nko kuba abatuye mu mugi bagomba gucana amatara nijoro.

    Mu nama yaguye y’umutekano y’akarere ka Musanze kandi baganiriye no mu myiteguro yo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi.

    Nk’uko nabyo umuyobozi w’akarere yabitubwiye: “kwitegura biragenda neza, turasaba abantu kuzitabira gahunda zose, kwitabira ibiganiro uko byateguwe kandi bakubahiriza amasaha yo kuba bose bafunze i saa sita z’amanywa ari abacuruzi cg abakora akandi kazi ka Leta, hanyuma bakongera gufungura i saa kumi n’imwe nyuma yo kubanza kumenya niba ibiganiro byarangiye”.

    Abacuruza cg abandi bakora imirimo ituma abantu babagana ari benshi, basabwe kujya bafunga i saa mbiri z’ijoro ariko ahagaragara ko ari umugi bazajya bo bafunga i saa yine z’ijoro. Umuyobozi w’akarere kandi yanavuze ko abaturage barimo gukangurirwa kurushaho kwitegura kwicungira umuteka cyane cyane mu bihe bidasanzwe nk’ibyo igihugu kigiye kwinjiramo by’icyunamo.

    Mu rwego rw’umutekano kandi, ubuyobozi bw’akarere bwiyemeje kujya kubarura abanyamahanga batuye aho mu rwego rwo kurushaho kubarindira umutekano nyuma y’uko hari uherutse kwibagirwa gufunga akibwa ngo n’ubwo ibyo yari yibwe byagarujwe.

    “ Usanga mu mirenge hirya no hino hari abakorerabushake b’abazungu bahatuye, kurushaho kumenya aho bari bizatuma umutekano wabo urushaho gusagamba. Ikindi ni uko n’ubwo umutekano uhari rwose batagomba kwifata uko babishatse nk’uko n’iwabo haba abajura, na hano mwene abo ntibabura”.

    Umuyobozi w’akarere ka Musanze yadutangarije ariko ko nta mukerarugendo n’umwe  wari wagirira ikibazo mu karere ka Musanze kuko n’uwo byabayeho ari uwari ahamaze igihe w’umukorerabushake. Ikindi ngo bakwiye kurebera hamwe ni uburyo usanga abo banyamahanga batembera nijoro bafotora, bakora n’ibindi bishakiye kandi nta n’umuyobozi n’umwe uba wamenye ko bahari.

    Ibyo byose rero bikazakemurwa no kubabarura hanyuma hakamenyekana ibyo bakora bityo bagacungirwa umutekano ari nako bafashwa kugira ngo akazi kabo kagende neza binyuze mu buryo bunoze.

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED