Subscribe by rss
    Wednesday 20 February, 2019
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sun, Apr 1st, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Gisagara: Hatashywe ku mugaragaro amazi meza

    Abaturage b’uturere twa Gisagara na Nyaruguru mu ntara y’amajyepfo bamaze kugezwaho amazi n’umushinga PEPAPS ku bufatanye bw’ambasade y’u Bubirigi, leta y’u Rwanda n’inkunga y’ubumwe bw’ibihugu by’iburayi.

    Rwanda | Gisagara Hatashywe ku mugaragaro

    Kuri uyu wa kane tariki ya 29 werurwe 2012 Intumwa yaje ihagarariye minisiteri y’ibikorwa remezo ariko ubusanzwe ikaba ishinzwe ibijyanye n’amazi muri EWSA bwana James C. SANO hamwe n’umunyamabanga wihariye muri ambasade y’u Bubirigi hano mu Rwanda bwana Michael WIMMER bafunguye ku mugaragaro ishyirwa ry’amazi meza mu karere ka Gisagara na Nyaruguru ahashyizwe imiyoboro y’amazi iri kuri km183,9, imihango yabereye mu murenge wa Kansi mu karere ka Gisagara.

    Aya mazi meza ashyizwe muri utu duce azabasha gufasha abantu barenga 67.000, ibigo by’amashuri, iby’abihaye Imana n’ibiro by’imirimo itandukanye. Aya mazi yegerejwe abaturage kandi azagira ingaruka nziza haba mu buzima no mu bukungu kuko bazabasha kujya bakoresha amazi meza ndetse n’umwanya abantu bajyaga batakaza bajaya kuyashaka mu bishanga n’imibande babe bawukoramo ibindi bikorwa byabateza imbere.

    Gisagara Hatashywe ku mugaragaro

    MUKAMUSONI Asterie umuturage muri uyu murenge wa kansi yagize ati ”Amazi yajyaga aduhenda ndetse akaza ari na mabi tukayakuramo indwara none ubu turavoma ameza ku mafaranga 15 ijerekani ya litiro 20. Biratworoheye rwose”

    Igikorwa cyo kugeza amazi meza mu karere ka Gisagara n’aka Nyaruguru byagezweho ku bufatanye bwa PEPAPS umushinga ufite gahunda yo gushyigikira ikoreshwa ry’amazi meza n’bikorwa by’isukura mu baturage mu ntara y’amajyepfo, Guverinoma y’u Rwanda na Guverinoma y’ u Bubirigi bitewe inkunga n’umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’iburayi.

    Bwana Michael WIMMER umunyamabanga wihariye wa ambasade y’u Bubirigi mu Rwanda yavuze ko inkunga y’amafaranga asaga miliyoni 17 z’ama Euros yahawe uyu mushinga wa PEPAPS ugamije kugeza amazi meza n’ibikorwa by’isukura mu turere twa Gisagara, Huye na Nyaruguru ari ikigaragaza ko guverinoma y’u Bubirigi ikomeje gushyigikira u Rwanda mu bikorwa by’iterambere kandi izakomeza.

    Aravuga kandi ko guverinoma ye yishimiye ibi bikorwa PEPAPS iri gukora kuko biri gutanga imbuto nziza  z’iterambere mu bukungu ndetse no mu buzima bwiza.

    Yagize ati”Nishimiye ubufatanye bwiza tumaze kugeraho ndetse n’ibikorwa twagezeho”

    Gisagara Hatashywe ku mugaragaro

    Abaturage b’akarere ka Gisagara bishimiye cyane iki gikorwa cyo kubagezaho amazi ndetse mu rwego rwo kuyarinda bashyiraho ingamba zirimo ko bazagena amafaranga bazajya batanga buri kwezi akabikwa maze igihe hari itiyo yangiritse igasimburwa  ndetse banashyiraho itegeko ko uzafatwa yangiza aya mazi azahanwa.

    Baboneyeho kandi gusabako ubwo babonye amazi, bafashwa no kuronka umuriro w’amashanyarazi cyane ko ngo kugeza ubu ari imbogamizi ku iterambere ryabo kuko bakora amasaha ya kumanywa gusa kandi hari n’amasaha ya nijoro umuntu yakabaye agikora, ikindi kandi bakaba hari ibikorwa byinshi badashobora kuzana iwabo kuko nta muriro uhagera.

    Bwana James C. SANO yabijeje ko EWSA izafatanya n’ubuyobozi bw’akarere n’umurenge maze bakareba uburyo ikibazo cy’umuriro w’amashanyarazi cyakemuka.

    Umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu mu karere ka Gisagara bwana Hesron HATEGEKIMANA yashimye abari bitabiriye uyu muhango bose cyane aba bafatanyabikorwa babo, hanyuma asaba abaturage ko bafata neza ibi bahawe ndetse asaba abagituye mu tubande ko bazazamuka bakegera ibi bikorwa remezo bibashyirirwaho.

    Umuhango wasojwe n’ubusabane hagati y’abaturage ba Kansi n’abashyitsi babagendereye.

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED