Subscribe by rss
    Tuesday 26 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Tue, Apr 3rd, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Rwanda | Nyanza: Abakuru b’imidugudu bagiye kurushaho gufatanya n’inzego zishinzwe umutekano mu kurwanya ibyaha


    Mu mahugurwa y’iminsi 3 ahuje abakuru b’imidugudu 420  igize akarere ka Nyanza yatangiye kuri uyu wa mbere tariki 2/04/2012 mu kigo cy’amashuli cya  Hanika i Busasamana muri ako karere, biyemeje kurushaho gufatanya  n’inzego zishinzwe umutekano mu kurushaho kurwanya no gukumira ibyaha.

     

    Rwanda Abakuru b’imidugudu mu karere ka Nyanza bari mu mahugurwa

    Abakuru b’imidugudu mu karere ka Nyanza bari mu mahugurwa

     

    Mu kiganiro bahawe n’ukuriye Polisi y’igihugu mu Ntara y’amajyepfo Chief Supertendent Elias Mwesigye ku ruhare rw’abakuru b’imidugudu mu kurwanya ibyaha bihungabanya umutekano yavuze ko uruhare rwabo ari ingenzi kuko aribo begereye abaturage.

     

    Yasabye abo bakuru b’imidugudu kubera imboni inzego z’umutekano bagaragaza icyahungabanya umutekano w’abantu n’ibyabo. Nk’uko ukuriye polisi y’igihugu mu Ntara y’Amajyepfo yabivuze ngo abakuru b’imidugudu baramutse bashyize umwete mu kurwanya ibyaha aho batuye nta bikorwa bihungabanya umutekano byakongera gufata intera ndende.  Yabivuze atya: “Abakuru b’imidugudu baba bafite amakuru y’ibibera mu midugudu yabo kurusha abandi baza bavuye hanze yawo kuko nibo babana n’abaturage umunsi ku wundi”.

     

    Rwanda Ukuriye polisi y’igihugu mu Ntara y’Amajyepfo, Chief Supertendent Elias Mwesigye

    Ukuriye polisi y’igihugu mu Ntara y’Amajyepfo, Chief Supertendent Elias Mwesigye

     

    Chief Supertendent Elias Mwesigye asanga hari ibyaha bikorwa bitewe no kwanga kwiteranya kw’abakuru b’imidugudu kandi bikagira ingaruka ku buzima bw’abaturage.  Ati: “Ni gute umuturanyi wawe ashobora kumara umwaka acuruza kanyanga ariko ugasanga umukuru w’umudugudu we nta raporo n’imwe yamutanzeho?”

     

    Abakuru b’imidugudu bavuga ubushobozi buke aribwo butuma batabasha kuzuza inshingano zabo neza ngo kuko bamwe muri bo badafite telefoni  bakwifashisha mu gutanga amakuru y’ibyabereye mu mudugudu.

     

    Bagarutse ku kibazo cy’imikorere n’imikoranire hagati yabo n’inzego zishinzwe umutekano bavuga ko hari inzitizi zigenda ziboneka. Abo bakuru b’imidugudu bifuje ko mu gihe habayeho ko umuntu afatwa na polisi agafungwa ariko nyuma akarekurwa bajya bamenyeshwa uburyo yarekuwemo kugira ngo babigireho amakuru.

     

    Ikindi basabye ni ukujya bahabwa amakuru y’icyateye urupfu rw’umuntu mu gihe ibisubizo byatanzwe n’ibitaro byashyizwe ahagaragara.

     

    Kuri iyi ngingo Supertendent Elias Mwesigye yemereye abo bakuru b’imidugudu ko bazajya bagezwaho icyateye urupfu kugira ngo bivaneho amazimwe mu baturage ngo kuko iyo bitavuzwe usanga buri wese abyivugira uko yishakiye.

     

    Nyuma y’icyo kiganiro abakuru b’imidugudu bahawe ku ruhare rwabo mu kurwanya ibyaha bihungabanya umutekano biyemeje kurushaho gufatanya n’inzego zishinzwe umutekano mu kurwanya ibyaha bibanda ku bikorwa by’amarondo no gukora urutonde rw’ahantu hakekwa kuba ibiyobyabwenge.

     


    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED