Subscribe by rss
    Thursday 21 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Tue, Apr 3rd, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Ruhunde: Siporo yatuma urubyiruko rureka kwishora mu biyobyabwenge

    Rwanda-Burera-150x150

    Umuganda rusange wo ku itariki ya 31/03/2012 mu rwego rw’akarere ka Burera wabereye mu kagari ka Gaseke, mu murenge wa Ruhunde. Aho bahanze ikibuga cy’umupira w’amaguru mu rwego rwo guteza imbere siporo.

    Nteziryayo Anastase umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa ruhunde avuga ko urubyiruko rwo mu kagari ka Gaseke nta kibuga cyo kwidagadurira ho bari bafite.

    Ibyo byatumaga rumwe mu rubyiruko rwishora mu ngenso mbi z’ibiyobyabwenge. Aho bajyaga mu bucuruzi bwa kanyanga ndetse ugasanga baranayinywa nk’uko umuyobozi w’umurenge wa ruhunde yabisobanuye.

    Kuba ubuyobozi bw’akarere ka Burera bwahise mo gukora umuganda wo gusiza ikibuga cy’umupira w’amaguru, bizeye ko urubyiruko rwo muri ako kagari ruzagabanya kujya mu biyobyabwenge ahubwo rwitabira siporo nk’uko Nteziryayo yabisobanuye.

    Uwambajemariya Florence umuyobozi wungurije w’akarere ka Burera ushinzwe imibereho myiza y’abaturage yavuze ko urubyiruko ari imbaraga z’igihugu.

    Ati” Ntirukwiye kwishora mu biyobyabwenge ahubwo rukwiye kwitabira ibiruteza imbere. Siporo yitabiriwe neza yatuma nta rubyiruko rwishoba mu biyobyabwenge nk’uko  Uwambajemariya yabitangaje.

    Umurenge wa Ruhunde ni imwe mu mirenge yo mu karere ka Burera igaragara mo abantu bacuruza kanyanga benshi kuko uri hafi y’umupaka ugabanya u Rwanda na Uganda, kandi kanyanga igaragara muri uwo murenge iva muri Uganda.

    Tariki ya 19/03/2012 abayobozi b’akarere ka Burera bafatanyije n’inzego z’umutekano bagiranye ibiganiro n’abaturage bo mu murenge wa Ruhunde mu rwego rwo kubashishikariza kurwanya kanyanga isa nk’aho yahabaye akarande.

    Kuri uwo munsi abagabo 53 ndetse n’umugore umwe, bose bo muri uwo murenge, bavuze kumugaragaro ko baretse gucuruza kanyanga kandi ko bagiye gufasha abayobozi b’akarere ka Burera, bafata abandi baba bakiyicuruza. Kuko kanyanga nta nyungu bakuye mo.

       

     

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED