Subscribe by rss
    Sunday 17 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Apr 4th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Ngororero: Akarere karagirwa inama yo gushimira abafatanyabikorwa naba rwiyemeza mirimo

    Rwanda | Station ya essence mu mujyi wa Ngororero

    Station ya essence mu mujyi wa Ngororero

    Abafatanyabikorwa naba rwiyemezamirimo ni bamwe mu nkingi zikomeye z’iterambere ry’akarere nkuko bigaragazwa n’ibikorwa bamaze kukagezaho, bityo ngo bakaba bakwiye gushimirwa no kujya batumirwa mu nama na mu birori bikomeye by’akarere maze bagahabwa agaciro kabo.

    Iyi ni imwe mu nama umunyamabanga nshingwabikorwa w’intara y’Iburengerazuba bwana Jabo Jean Paul yagiriye ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero, ubwo yari muri ako karere kuwa 29 Werurwe 2012. Nyuma yuko we n’aba bari kumwe beretswe bimwe mu bikorwa by’iterambere ry’akarere byagezweho ndetse n’ibindi bikiri mu nzira yo kugerwaho, byagaragaye ko abafatanya bikorwa b’akarere bafite uruhare runini muri ibyo bikorwa, maze asaba ubuyobozi bw’akarere kujya bubereka ko bubashimira mu rwego rwo gushishikariza n’abandi kubigana.

    Uretse ibikorwa by’iterambere n’imibereho myiza y’abaturage imiryango yigenga itandukanye ifasha aka karere, hagaragara n’ibikorwa by’abantu ku giti cyabo ariko bifite n’inyungu rusange mu iterambere. Muri ibi hagarutswe ku nybako y’umuturirwa irimo kubakwa muri aka karere, ikaba ari nayo etage ya mbere yubatswe muri ako karere, havugwa kuri rwiyemeza mirimo urimo kubaka ikigo abagenzi bazajya bategeramo imodoka (gare), ndetse nama stations 2 ya essence yubatswe muri aka karere, imwe ikaba iri mu mujyi wa Ngororero indi mu mujyi wa Kabaya, zose z’uwitwa MAGANYA Omar.

    Ubundi abakeneraga essence bajyaga kuyishaka mu mijyi yo mu turere duhana imbibe na Ngororero, ndetse rimwe na rimwe bakayibika mu majerikani, aho byashoboraga gutera impanuka. Nkuko Jabo j Paul abivuga, ngo muri rusange akarere ka Ngororero kihatiye gushimira ba rwiyemeza mirimo n’abafatanya bikorwa byatuma na bagenzi babo bagira ishyaka ryo gushora imari yabo muri aka karere, bityo bikihutisha iterambere. Muri rusange, abafatanyabikorwa naba rwiyemeza mirimo bakaba bagira uruhare rungana na 5,5 ku ngengo y’imari y’akarere ka Ngororero buri mwaka.


    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED