Subscribe by rss
    Friday 15 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Apr 4th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Gisagara: Hatanzwe impamyabumenyi ku bantu bize gusoma, kwandika no kubara

    Mu karere ka Gisagara biyemeje ku rwanya ubujiji aho buva bukagera bashyiraho amashuli agenewe kwigisha abantu bose batazi gusoma no kwandika, bamwe muri bo rero bakaba bayarangije ndetse bakabiherwa n’impamyabumenyi.

    Rwanda | Gisagara Hatanzwe impamyabumenyi

    Kuri uyu watandatu tariki ya 31 werurwe nibwo abaturage bagera kuri 61 basoje inyigisho zo gusoma, kwandika no kubara bo mu murenge wa Kigembe bahawe impamyabumenyi ku mugaragaro na Minisitiri w’umutekano Bwana Mussa Fazil HARERIMANA afatanyije na guverineri w’intara y’amajyepfo Bwana MUNYANTWALI Alphonse, umuyobozi w’akarere ka Gisagara Bwana Leandre KAREKEZI n’abandi bayobozi batandukanye barimo ab’ingabo na polisi mu ntara no mu karere.

    “Kumenya gusoma no kwandika si ko kujijuka byuzuye ariko ni intangiriro yabyo kandi nizerako bizangeza kuri byinshi byiza” Ayo ni amagambo ya Josiane MANIRAKIZA umwe muri aba bahawe impamyabumenyi.

    Aravuga ko kumyaka 26 y’amavuko iyo aza kuba yarize gusoma no kwandika kera yari kuba hari ibyo yagezeho mu iterambere nko gushaka akazi cyangwa gushaka icyo yikorera ku giti cye ariko akaba atarabishoboye bitewe n’ubujiji.

    Minisitiri Mussa Fazil yashimye aba bantu bose bafashe umwanzuro wo gusubira kwiga, avuga ko ari intambwe nziza abanyarwanda bamaze gutera kuba n’abantu bakuru bafata umwanzuro bakajya kwiga bakarwanya ubujiji.

    Yavuze ko ntakabuza n’amajyambere arambye azagerwaho kuko abantu bose basigaye bagerageza kuyibonamo ntawiheje.

    Yagize ati”Kuva mu bujiji abanyarwanda twahagurukiye ni inzira nziza ituganisha ku iterambere rirambye twiyemeje kugeraho”

    Bwana Leandre KAREKEZI umuyobozi w’aka karere yahamagariye abanyagisagara bose kwitabira kurwanya ubujiji, abasaba ko bajya bashishikariza abataritabira amasomero kuyajyamo kandi anashima by’umwihariko aba baturage b’umurenge wa Kigembe bashoje inyigisho zabo muri aya masomero.

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED