Subscribe by rss
    Monday 25 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, Apr 5th, 2012
    Ibikorwa | By Aninta

    Gatsibo abayobozi basohowe mu nama kubera gucyererwa

    Rwanda | evelopmentAbayobozi b’utugari bagera kuri 4 bakorera mu mirenge ya Gitoki, Nyagihanga na kiramuruzi basohowe mu nama n’umuyobozi w’akarere ka Gatsibo Ambroise Ruboneza nyuma yo gucyererwa inama kandi bari basabwe kuhagerera igihe.

    Nk’uko umuyobozi w’akarere ka Gatsibo yabitangaje ngo umuyobozi utubahiriza igihe ni we ugaragaraho kutubahiriza inshingano afite, akaba avuga ko abayobozi bo mu nzego z’ibanze benshi batita ku nshingano zabo kandi ubu akarere gafite umuvuduko no kwihuta mu iterambere haba mu gutanga serivise nziza ndetse no gufasha abaturage kwihuta mu bikorwa bibateza imbere.

    Kuba hari abayobozi batumva uruhare rwabo mu kwihutisha serivise no gufasha abaturage kugera ku byo bifuza bituma iterambere ry’abaturage ridindira kandi mu karere ka Gatsibo bidacyenewe.

    “Sinibaza niba abayobozi nk’aba batumva inshingano zabo bakwiye gukomeza gukora, kuko umuyobozi utubahiriza inshingano ze niwe udindiza iterambere ry’abaturage ndetse ntabahe serivise uko bikwiye. Ubu akarere ka Gatsibo twahagurukiye gufasha abaturage kugera ku iterambere ariko umuyobozi uhuzagurika gutya, na serivise atanga azitanaga nabi. Ndasaba abayobozi b’imirenge, njyanama z’imirenge hamwe n’izindi nzego kujya mutangira raporo abayobozi nk’aba batazi ibyo bakora bakava mu nzira, ducyeneye abayobozi bakora kandi bazi ibyo bakora.”

    Aya ni amwe mu magambo y’umuyobozi w’akarere nyuma yo gusohora abayobozi b’utugari bari batinze kwitabira inama y’umutekano yaguye y’akarere ka gatsibo.

    Kimwe mu bibazo bikomeza kwigaragaza mu karere ka gatsibo akaba ari ikibazo cy’ubwicanyi buba mu miryango bitewe n’amakimbirane aho kuva uyu mwaka watangira abantu 4 bamaze kwicana, abayobozi b’inzego zibanze bakaba batungwa agatoki kudatanga amakuru no kudacyemura ibibazo uko bikwiye kugera aho abantu bicana.

    Ubuyobozi bw’akarere, inzego z’ibanze n’izumutekano bakaba barimo gushakira igisubizo ibyo bibazo byose no kurebera hamwe icyakorwa.


    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED