Subscribe by rss
    Wednesday 27 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Jan 14th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Imiryango 440 yabanaga ku buryo butemewe n amategeko yasezeye ku izina ribi

    Mu murenge wa Kansi ho mu karere ka Gisagara imiryango 440 yabanaga ku buryo butemewe n’amategeko, uyu mwaka urangiye banze kugumana izina ry’uburaya maze basezerana imbere y’amategeko.

    Imiryango 440 yabanaga

    Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kansi bwana RUTABURINGOGA Jerome aravuga ko iyi miryango yabanaga nk’indaya none ubu bakaba nabo baramenyekanye mu rwego rw’amategeko.

    Si ukureka izina ribi gusa kuko ubu baboneyeho kugira uruhare ku mitungo cyane ko imyinshi baba barayigizemo uruhare mu gihe baba bamaranye babana, cyane cyane ko muri bo wasangaga hari abamaranye inyaka isaga 30 babana ku buryo butemewe n’amategeko.

    Uyu muyobozi rero akaba ashima cyane iyi miryango ko yabashije kuva ku izina ribi ry’uburaya ubu ikaba ari ingo ziyubashye zinubashywe.

    MURINDABIGWI Jean Bosco na MUKAMAZIMPAKA Libelee ni umugore n’umugabo bo  mu Kagali k’UMUNINI,umudugudu wa KAMUGANI muri uyu murenge wa kansi, bavuga ko kubana mutarasezeranye bidindiza iterambere ry’umuryango kuko usanga ibikozwe  byangizwa n’umwe mu bashakanye nta nama agishije mugenzi we  yitwaje ko navuga amwirukana kuko nta mategeko amurengera.

    Bemeranya n’umuyobozi w’umurenge ko ari uburaya nk’ubundi bwose kubana nta  masezerano bafitanye kuko ngo umugabo utarasezeranye imbere y’amategeko ahora ashaka guhindura abagore uboshye uhindura imyambaro.

    Ikindi kandi umugore udafite isezerano ahora ahangayitse ko ashobora kwirukanwa bityo yabona nk’umugabo we avugana n’umukobwa ugasanga bivuyemo amakimbirane kandi ngo umugore ntakora uko bikwiye kuko aba yumva ko atarimo yikorera.

    Abitegura kurushinga barasabwa gushishoza kandi ntibahubuke bakabanza gusezerana imbere y’amategeko kuko ari yo soko y’iterambere n’umunezero mu rugo rushya.


     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED