Subscribe by rss
    Friday 26 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Apr 7th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Abanyarwamagana batumiwe mu masaha 6 yo kwamagana ibisigisi bya Jenoside

    Rwanda Abanyarwamagana batumiwetariki ya 7 Mata,2012 abatuye i Rwamagana n’abazabasha kuhagera bose batumiwe mu ijoro ryo kwibuka rizabanzirizwa n’urugendo rwo kwibuka abazize Jenoside mu 1994 ndetse no kwamagana ibisigisigi bya Jenoside n’ingengabitekerezo yayo aho bikiri hose. Iki gikorwa cyizatangira saa kumi z’amanywa gisozwe saa yine z’ijoro kimaze amasaha 6.

    Umuyobozi wa Club Never Again yateguye iki gikorwa aravuga ko bazakora urugendo bise Walk to Remember rwo kwamagana Jenoside n’Ingengabitekerezo yayo banazirikana uko benshi mu bishwe muri Jenoside bagenze ahantu hanyuranye bashaka aho kwihisha, ntibabashe kurokoka.

    Uru rugendo ruzatangirira ku cyicaro cy’Intara y’Iburasirazuba, rukomereze ku isoko rikuru rya Rwamagana, abarwitabiriye bakomereze ahitwa kuri polisi mu Kigabiro, banyure kuri AVEGA, bakomereze kuri “Poids lourds” bagere ku gicumbi cy’inzirakarengane imbere ya Paruwasi Gatulika ya Rwamagana, ahashyinguye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Iyi gahunda yose iteganyijwe kumara amasaha 6. Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, bwana Uwimana Nehemie aravuga ko iyi gahunda itumiwemo abatuye n’abagenda muri Rwamagana b’ibyiciro byose, abaturage, abikorera n’abayobozi ndetse n’inshuti z’ako Karere, ahazatangirwa ubutumwa bunyuranye bwo kwibuka abazize amahano ya Jenoside no gufata mu mugongo abayirokotse, babashishikariza gukomera no kubaka ejo hazaza heza.

    Uru rugendo ruzitabirwa na guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, abayobozi b’Akarere ka Rwamagana, abakuriye inzego z’Umutekano mu Ntara y’Iburasirazuba n’abaturage banyuranye b’I Rwamagana.

    Kuri uyu munsi kandi, i Rwamagana mu rwibutso rwa Mwurire bazashyingura imibiri isaga 280 y’abishwe muri Jenoside itari yarashyinguwe neza mu nzibutso. Indi mibiri isaga 140 izashyingurwa mu rwibutso rwa Musha kuwa 13 Mata. Birashoboka ariko ko ngo hagira indi mibiri yaboneka muri iyi minsi, uriya mubare ukiyongera.

    I Rwamagana hateganijwe nanone gahunda yihariye yo kwibuka izabera mu Mirenge itandukanye ku buryo bwihariye izasozwa kuwa 21 Mata mu Murenge wa Muyumbu.


     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED