Subscribe by rss
    Wednesday 27 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Apr 7th, 2012
    Ibikorwa | By Aninta

    Umuturage akwiye kugira uruhare mu bikorwa bimukorerwa

    Ikibazo cyo kubona amazi meza  ni kimwe mu bibazo byari bihangayikishije uduce tumwe two mu Karere ka Nyabihu. Nyuma y’aho WASH Project ikemuriye icyo cyibazo muri twinshi mu duce twa Nyabihu tutabashaga kubona amazi meza ku buryo bworoshye, ubu abaturage basabwe kujya batanga amafaranga 10 ku njerekani.

    Rwanda | Umuturage akwiye kugira

    Nk’uko Mubirunyoye Eugenie ushinzwe ubukangurambaga mu mushinga WASH muri Nyabihu yabidutangarije,ngo impamvu abaturage bakwa amafaranga 10 ku njerekani ngo ni ukugira ngo bumve ko icyo gikorwa ari icy’agaciro,ndetse ayo mafaranga ngo atangwa kugira ngo icyo gikorwa remezo baba bakorewe gicungwe ku buryo hagize n’icyakwangirika cyakoreshwa muri ayo mafaranga.

    Mu buryo bwo gucunga ayo mafaranga,Mubirunyoye avuga ko ubundi hari amakoperative yashyizweho ashyizwe kurinda imiyoboro y’amazi yakozwe,harimo nka COPHAMIR icunga amazi muri Mukamira,Bigogwe,Jenda na Kabatwa. Iyi koperative ikaba inakora isuku.Hakaba na Koperative COARU izacunga  umuyoboro w’amazi mu murenge wa Jomba.

    Aya makoperative acunga amazi akaba yishyurwa 80% by’amafaranga yavuye muri ayo mazi,agashyirwa kuri Konti y’akarere.Naho 20% agahabwa umukozi uba uri ahari ivomo rya WASH ahakora mu gufasha abantu kubona amazi. Amafaranga ashyirwa kuri konti y’akarere akaba afasha muri maintenance ni ukuvuga gusana ahari ibikorwa byangiritse by’umushinga WASH mu kugeza ku baturage amazi meza,cyangwa se kugura ibindi byuma byakenerwa mu gihe hari ibyangijwe mu rwego rwo kwirinda ko ibikorwa byakwangirika,ntibikorwe ugasanga bibaye imfabusa.

    Imirimo nko kugeza amazi meza ku baturage,isuku n’isukura,amahugurwa ku bigendanye n’isuku akorerwa  abantu batandukanye hirya no hino aho ukorera”capacity building”,ikaba ikorwa n’umushinga WASH mu turere twa Nyabihu,Musanze,Rubavu na Burera.


    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED