Subscribe by rss
    Thursday 21 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Tue, Apr 10th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    “Icy’abacitse ku icumu bakeneye cyane si uko amazu yabo asanwa, ahubwo tubafashe kwisana, nabo baziteza imbere” Musenyeri Rucyahana.

    Rwanda | abacitse ku icumu bakeneyeAya magambo yavuzwe na Perezida wa Komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge Musenyeri John Rucyana wari umushyitsi mukuru mu muhango wo gutangiza icyunamo mu karere ka Musanze, kuri uyu wa 07 Mata/2010 – ubwo hatangizwaga imihango yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 18.

    Musenyeri  Rucyahana yavuze ibi ubwo yavugaga ku byari byavuzwe n’abandi bijyanye cyane cyane no gukemura ibibazo by’abacitse ku icumu, by’umwihariko kubakira abatarubakirwa no gusanirwa amazu atangiye kugenda asaza. “ Mureke dusane imitima y’abacitse ku icumu tubafashe kurushaho kwigarurira icyizere, tubahe imbaraga, tubafashe kujya mu makoperative, bo ubwabo bashobore kwiteza imbere batarindiriye ubufasha buva ahandi”.  Musenyeri Rucyahana yavuze ko guhora mu gufashwa nabyo ubwabyo Atari byiza “mu gaciro ka muntu, ntakwiye kugaburirwa n’undi”.

    Mu butumwa burebure uyu mushumba unayobora Komisiyo y’ubwiyunge  yahatangiye, yibukije ko Jenoside yatesheje agaciro igihugu cyacu kandi ko ibi byanatangiye kera, ni amateka yacu “ Jenoside yatangiranye no gutesha agaciro igihugu cyacu. Yatangiye umunsi abazungu baca umwami Musinga akazarinda kugwa ishyanga i Moba,  badutesheje agaciro ubwo bazaga kwirirwa bapima amazuru barema iby’amoko, barabikomeza ubwo batwiciraga umwami Rudahigwa bamuhora ko aciye ubuhake, aciye shiku n’ibindi byateranyaga Abanyarwanda agaharanira ubwigenge bw’Abanyarwanda  atavanguye”.

    Nyamara kandi Musenyeri Rucyahana yanagarutse no kugufasha abahemutse, abafite ipfunwe, abishe kuko nabo bafite ikibazo gikomeye: “ u Rwanda rurahumuriza abacitse ku icumu, ariko kandi ruranahumuriza n’abo bateshutse bakagira nabi, nabo bapfuye bahagaze. Naba ndetse n’abagiye muri gereza twagiye tugira umwanya wo kubaganiriza, byabaye nka wa mugani ngo ‘iyiriye ntisiga izindi’. Twapfushije kabiri”. Musenyeri Rucyahana yibukije imbaga yari iraho ko ikizatuma u Rwanda rutera imbere ari ubumwe n’ubwiyunge “ izo nizo mbaraga zacu, zituganisha ku kongera kubaka agaciro twihesha, nibwo bwonyine buzatugeza ku majyambere nyayo kandi arambye, atazongera gusenywa’. Uyu mushumba yahamagariye abari aho kugira urukundo nyarwo nk’aho yatanze urugero agira ati “ dufite gahunda nziza ya gir’inka, abacitse ku icumu dukwiye kubaha inka y’urukundo, batagombye gutegereza inka izava mu rukiko, izarihishwa abariye izabo”.

    Mu buhamya bwatanzwe na Batamuliza Mwamini warokokeye Musanze mu murenge wa Muhoza, yongeye kwibutsa inzira y’umusaraba Abatutsi bahuye nayo by’umwihariko mu Ruhengeri aho abatutsi batangiye gutotezwa igihe abenshi muri bo batwarwaga ku ngufu  guturwa  mu Bugesera kugira ngo bazicwe na Tsetse, uko Abagogwe- baniganje mu cyahoze ari Ruhengeri bagiye bicwa mbere ya 1994, ndetse n’uko mu gihe cy’ibyitso batotejwe harimo n’abana bari bakiga mu mashuri abanza. Ibi bikaba byaje na none no gushimangirwa n’Uhagararariye Ibuka mu karere ka Musanze.

    Abandi bavuze barimo Umuyobozi w’akarere ka Musanze Madamu Winifrida Mpembyemungu n’Uhagarariye ingabo bagarutse ku byo ubuyobozi bwiyemeje guteza imbere Abanyarwanda barwanya ikibi cyose cyagarura amacakubiri ariko kandi bahumurije banakangurira abaturage kuba hafi y’abacitse ku icumu, by’umwihariko muri ibi bihe bikomeye byo kwibuka.

    Banibukije kandi ko ari inshingano ya buri wese kwitabira gahunda zose zateguwe muri uru rwego, no kurushaho kubungabunga mutekano w’abacitse ku icumu, batanga amakuru kuwashaka kuwuhungabanya ngo dore ko hari abagifite ipfunwe n’ubugome batifuriza amahoro u Rwanda, ngo bajya bakaza umurego muri iki gihe.

    Abavuze bose banagarutse ku kuba abantu bitabiriye cyane gutangiza icyunamo mu rugendo rwo kwibuka rwakozwe kuva ku karere ka Musanze, rugana ku rwibutso rwa Muhoza ruri ahitwa mu Kizungu. Ngo ubu bwitabire buratanga ikizere cy’ejo hazaza. Uyu muhango kandi wari witabiriwe n’abapolisi baturutse muri Sudani y’amajyepfo, Kenya n’Uburundi.


     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED