Subscribe by rss
    Sunday 17 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Tue, Apr 10th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Burera: Abacitse ku icumu rya Jenoside barafashwa mu buryo butandukanye

    Rwanda | Burera District Ubuyobozi bw’akarere ka Burera buratangaza ko bwateye inkunga mu buryo butandukanye abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka wa 1994 bakomoka muri ako karere mu rwego rwo gukomeza kubafata mu mugongo.

    Umuyobozi w’akarere ka Burera, Sembagare Samuel, avuga ko imiryango igera kuri 32 y’abacitse ku icumu rya Jenoside yo muri ako karere yaguriwe amasambu kugira ngo iijye ibna aho ihinga.

    Hari imishinga ibyara inyungu igeze kuri 20, yatewe inkunga n’abaturage bo muri Burera, yagenewe abacitse ku icumu rya Jenoside bo muri ako karere kugira ngo izabateze imbere nk’uko Sembagare abisobanura.

    Akomeza avuga ko hari imiryango 27 y’abacitse ku icumu rya Jenoside ihabwa inkunga y’ingoboka ndetse n’abana 157 barihirwa amafaranga y’ishuri.

    Hari kandi abacitse ku icumu rya Jenoside bo mu karere ka Burera bagera kuri 326 barihirwa amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza nk’uko umuyobozi w’akarere ka Burera abisobanura.

    Sembagare avuga ko n’ubwo babafasha babaha ibyo bintu bitahagije kuko bitavura ibikomere. Inkunga ikomeye ikwiye gukomerwa ho ni iyp kwishyira mu mwanya wa mugenzi wawe nk’uko yabisabye abanyaburera.

    Abacitse ku icumu rya Jenoside bo mu karere ka Burera abadafite aho baba barubakiwe. Kuburyo hari na gahunda yo gusana amacumbi yaba atujuje ibyangombwa bisabwa nk’uko umuyobozi w’akarere ka Burera abisobanura.

    Semabagare avuga ko na Gira Inka munyarwanda yageze ku bacitse ku icumu rya Jenoside bo mu karere ka Burera. Abo itaragera ho nabo hari gahunda yo kubagabira inka.

    Hari indi gahunda iteganyijwe yo gushakira abacitse ku icumu rya Jenoside bo mu karere ka Burera ibikorwa bitanga inyungu. Ubuyobozi bw’akarere ka Burera bukaba buzaganira na komite y’abacitse ku cumu bo muri ako karere kugira ngo bahite mo mishinga izababyarira inyungu.


    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED