Subscribe by rss
    Sunday 28 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Tue, Apr 10th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    “Nta mwanzi tugomba guha amahirwe yo kudutobera”- Meya w’Akarere ka Nyanza

    Rwanda | Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Murenzi Abdallah

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Murenzi Abdallah

    Ijoro ry’icyunamo tariki 7/04/2012 ryabereye mu nzu y’isangano ry’Abanyenyanza umuyobozi w’aka karere Murenzi Abdallah yatangaje ko nta mwanzi numwe u Rwanda rugomba guha amahirwe yo kurutobera ibyiza rumaze kugeraho.

    Ibi yabivuze ubwo yahaga ubutumwa abaturage b’umurenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza bugendanye n’icyumweru cyo kwibuka jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 muRwanda.

    Murenzi Abdallah yagize ati: “ Nta mwanzi n’umwe tugomba guha amahirwe yo kudutobera azambya ibyiza uRwandarumaze kugeraho”. Yakomeje asaba abaturage ayoboye kugira umwete wo gukunda igihugu no kurwanya jenoside n’ingengabitekerezo yayo.

    ati: “ abanyarwanda dufite ubumwe, igihugu cyiza hamwe n’abaturage bafite icyerekezo niyo mpamvu bivugwa ko Imana yirirwa ahandi igataha mu Rwanda”.

    Yagarutse ku buryo jenoside yakozwemo mu karere ka Nyanza avuga ko yateguwe kuva kera hakaba haraburaga gusa gukoma imbarutso. Gusa yishimiye uburyo mu minsi ya mbere abanyenyanza babanje kurwanya icyababibamo amacakubiri bikageza nubwo uwari burugumesitiri i Nyanza mu gihe cya jenoside abizizwa interahamwe zikamwica.

    Yavuze ko mu karere ka Nyanza jenoside yakozwe nyuma y’ibyumweru bibiri indege ya Habyarimana Juvenal wahoze ari perezida w’ U Rwanda ihanuwe.

    Murenzi Andallah asanga kandi nyuma y’imyaka 18 jenoside yakorewe abatutsi ibaye nta munyarwanda ukwiye kuba agihuzagurika ngo asabwe kwitabira ibiganiro bijyanye n’icyunamo hanyuma  we akagenda aseta ibirenge.

    Ijoro ry’umugoroba w’icyunamo mu karere ka Nyanza waranzwe n’ibikorwa bitandukanye birimo ubuhamya bw’abaharokokeye jenoside, indirimbo zijyanye n’icyunamo hamwe no gucana urumuri rwerekana icyizere abanyarwanda bifitemo nyuma ya jenoside.

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED