Subscribe by rss
    Monday 01 March, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Jan 14th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Isomo ryo kwihangira umurimo ryagombye kwigishwa abanyeshuri bakarangiza biteguye kwiteza imbere aho gusaba akazi .Guverineri KABAHIZI Celestin

    Kuri uyu wa 11 mutarama2012 nibwo Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yatangije ku mugaragaro igikorwa cya Hanga umurimo mu Ntara y’Iburengerazuba. Iyi gahunda ikaba igamije gushishikariza Abanyarwanda kwihangira imirimo mishya itari ubuhinzi n’ubworozi irimo udushya kandi bigaragara ko izatanga akazi kuri benshi bityo iterambere rikagera kuri bose n’Igihugu kikabyungukiramo.

    Isomo ryo kwihangira

    PS MINICOM, Guverineri KABAHIZI Celestin na Mayor wa KARONGI , KAYUMBA Bernard

    Abayobozi bakuru muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda bari kumwe n’ab’Intara y’Iburasirazuba babanje gusura bamwe mu baturage bafashe iya mbere mu kwihangira imirimo ubu ikaba imaze kubateza imbere.

    Ku ikubitiro hasuwe, Bwana NSHIMYIMANA Francois ukorera i Rubengera agakora za bisuit (ibisuguti) mu ifu y’ibigori ndetse n’ibitoki akanagira undi mwuga wo gukora senyenge bakoresha bubaka amazu.

    Uyu mugabo bigaragara ko akiri muto yavuze ko yatangije amafaranga agera kuri 50 000 frw gusa ngo ariko ubu abasha kwinjiza ibihumbi magana ane ku kwezi.

    Undi wasuwe ni Madamu Mushimiyimana Alice wahoze ari umwarimukazi akaza kugira igitekerezo cyo kubireka agatangiza uruganda rusya ibigori agatangirira ku nguzanyo ya miriyoni imwe n’igice ubu akaba afite uruganda rukora ifu nziza y’ibigori.

    Kuri ubu avuga ko afite imitungo igera kuri 20 000 000 frw akaba yinjiza inyungu ingana n’amafaranga ibihumbi 600 000 frw ku kwezi.

    Emmanuel HATEGEKA umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yavuze ko Reta y’u Rwanda yifuza ko mu mwaka w’2017 haba hari imirimo mishya itari ubuhinzi n’ubworozi igera kuri 1 400 000 mu gihe kuri ubu yageraga kuri 400 000 gusa.

    Ku kibazo cy’uko ubuhinzi n’ubworozi byaba byirengagizwa muri gahunda ya HANGA UMURIMO , Emmanuel HATEGEKA yavuze ko ubuhinzi n’ubworozi bizakomeza gutezwa imbere gusa ko kubera ko iyo myuga ikorerwa ku butaka butiyongera nyamara abaturage biyongera byabaye ngombwa ko hatekerezwa indi myuga ya servisi zidasaba ubutaka ko ariko kunoza ibibikomokaho byo byemewe muri HANGA UMURIMO.

    Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba KABAHIZI Celestin we yavuze ko imyunvire y’abantu igomba guhinduka bakumva ko batagomba gutega amaramuko kubo basaba akazi ahubwo bakihangira imirimo kuko aribwo baziteza imbere ku buryo bugaragara.

    Kuri iyi ngingo akaba yarasabye abarezi ko isomo ryo kwihangira umurimo ryashyirwa mu yandi yigishwa kdi abayobozi batandakunye ndetse n’itangazamakuru bakaba aba mbere mu gushishikariza Abanyarwanda kwihangira imirimo.



     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED