Subscribe by rss
    Tuesday 26 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sun, Apr 15th, 2012
    English / featured1 / Ibikorwa | By gahiji

    Iwawa hamugaruyemo ikizere

    Iwawa hamugaruyemo ikizere

    Jean Claude Nsengiyumva umusore w’imyaka 30 wirabura ufite igihagararo n’igikundiro. Iyo umwitegereje ubona ageze igihe cyiza cyo kuryoherwa n’ubuzima ariko iyo muvuganye akumwenyurira akubwira ko arimo kugenda ava ibuzima ajya ibuntu.

    Nsengiyumva ukomoka mu karere ka Kamonyi, yapfushije ababyeyi be bombi n’abavandimwe be batandatu muri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse nta n’undi muntu wo mu muryango we wa bugufi warokotse bituma asigara ari impfubyi itagira kivurira.

    Nubwo byagenze bitya, Nsengiyumva avuga ko Imana yamukirije mu kwiheba. Aisobanura muri aya magambo “Muri ako kaga gakomeye narimo nagize amahirwe yo kubona Mama wacu wari warahungiye hanze kera ahungutse ubwo abandi Banyarwanda batahukaga, maze aramfata, arantwara, ambera umubeyi n’ubwo njye naje kumunanira”.

    Nsengiyumva yaje kujya kubana n’uwo mubyeyi ariko akomeza kwicwa n’agahinda bituma yifata nabi kubera kwiheba. Yanjyaga abwira bagenzi be agahinda afite bamubwira kunywa ibiyobyabwenge bituma areka ishuri kandi yari ageze mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye.

    Uwo musore yibuka ukuntu nyina wabo byaramubabazaga ku buryo byageze aho amusabira kujya Iwawa. Nsengiyumva ubwo yageragaga i Wawa yari arakariye cyane uwo mubyeyi kuko yumvaga amuzanye kumufungisha ngo abone uko amutwarira ibintu.

    Nyamara ubu iyo Nsengiyumva abonye ibyo maze kungukira Iwawa nibwo yumva uko uwo  mubyeyi amukunda ndetse n’icyamuteraga agahunda. Aho ari Iwawa, Nsengiyumva yize imyuga itandukanye ndetse ubu yaretse kunywa ibiyobyabwenge.

    Nyuma y’uburere yaherewe Iwawa, Nsengiyumva yarahindutse, yabaye umuntu mushya. Abisobanura atya “Ubu nize kubaka, nize discipline, nubwo nari narihebye, ubu nigaruriye icyizere cy’ejo hazaza. Ubu ndahamya ko nimva hano nzubaka, nzashaka umugore, nzabaye nshumbushe umuryango wanjye wari ugiye kuzima”. 

     

     

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED