Subscribe by rss
    Sunday 24 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Apr 18th, 2012
    Ibikorwa | By Aninta

    Rubavu: kwibuka ntibirangirana n’icyumweru cy’icyunamo

    Perezida wa komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge Mgr John Rucyahana arasaba umuryango nyarwanda ko ugomba kuzirikana inzirakarengane zazize Jenocide yakorewe Abatutsi kandi bakamenya ko bitarangirana n’icyumweru cy’icyunamo gusa kuko Jenoside yabaye mu minsi 100.

    Rwanda | Rubavu kwibuka

    Ibi Mgr Rucyahana akaba yarabigarutseho kuri iki cyumweru mu muhango wo kwibuka no kunamira ku nshuro ya 18 inzirakarengane zazize Genocide yakorewe abatutsi mu Rwanda  bashyinguye mu rwibutso rwa Kanzenze, mu karere ka Rubavu. Uyu muhango ukaba warabimburiwe n’urugendo rw’amahoro, nyuma abarokotse batanga ubuhamya mu ndirimbo n’imivugo.

     

    Mgr Rucyahana akaba yarongeyeho ko kwibuka amateka bituma duharanira kutazayasubiramo bityo bikanubaka igihugu cyacu.

     

    Umwe mu barokokeye mu murenge wa Kanzenze yagaragaje ishusho ry’Abatutsi mbere ya Jenoside asobanura ukuntu abari batuye ahitwa Bigogwe babanje kubuzwa amahwemo kuko bamburwaga utwabo, ubundi bakitwa ibyitso by’inkotanyi bagafungwa hakaba n’ubwo bicwa. Benshi muri abo bakaba kugeza n’ubu baraburiwe irengero ubwo Jenoside yabarangizaga kuko babajyanaga muri bisi babajyana ku Gisenyi (bus).

     

    Umuyobozi w’akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe ubukungu Buntu  Ezechiel akaba yasabye abari bateraniye kuzirikana ku mateka kugirango ibyabaye ntibizongere, bakarangwa n’umwete mu kazi kabo bityo bakiyubakira.

     

    Muri uyu muhango hakaba haratanzwe inkunga ingana n’ibihumbi 100 by’amafaranga y’amanyarwanda n’inka ebyiri byagenewe abacitse ku icumu rya Jenocide batishoboye bo muri uyu murenge wa Kanzenze.

     

    Urwibutso rwa Kanzenze  ruherereye mu Kagali ka Nyamirango, umudugugdu wa Mareru. Rushyinguyemo imibiri y’Abatutsi 8884 bazize Jenoside biciwe ahitwa Gakamba, Kabali, Byangabo, Mukamira, Kinyababa, Rubaya na Rukoma, hahoze ari muri hari komini ya Mutura.

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED