Subscribe by rss
    Friday 15 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, Apr 20th, 2012
    Ibikorwa | By Aninta

    Hakwiye igihe cyihariye cyo kubwizanya ukuri kuri Jenoside muri buri rugo rw’Umunyarwanda-Depite Mukamugiraneza

    Rwamagana District | Rwanda Depite Athanasia Mukamugiraneza arasanga buri rugo Nyarwanda rukwiye kugira igihe cyihariye cyo kuganira, abarubamo bari kumwe kandi bakabwizanya ukuri ku mateka n’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi kuko hari bamwe bahishahisha ukuri iyo basabwe gutanga amakuru mu ruhame, bikaba bijijisha abakiri bato ntibamenye ukuri nyako.

    Depite Mukamugiraneza yabwiye imbaga y’abitabiriye kwibuka abazize Jenoside bashyinguye mu bitare bya Rutonde i Rwamagana ko hari ukuri nyako abantu bamwe bahisha nkana kandi gukwiye kujya ahabona, kukigisha abakiri bato bakazakura bazi neza amateka n’inkomoko ya Jenoside, ndetse n’uko yagenze mu duce abantu batuyemo no mu gihugu muri rusange.

    Uyu mudepite avuga ko muri uku kuri kutarajya ahagaragara harimo no kumenya aho imibiri y’abishwe muri Jenoside yose yashyizwe, dore ko hari imibiri itaraboneka kugeza n’ubu, indi ikaba igenda itahurwa buhoro buhoro abantu baranze kuyigaragaza mu myaka 18 ishize Abanyarwanda bibuka, abishe n’abashyinguye iyo mibiri bahari.

    Depite Mukamugiraneza ati “Biteye impungenge kuba abantu bibera aho bagaceceka, ababuze ababo bakazabona imibiri yabo ari uko ahantu runaka hagiye gushyirwa ibikorwa by’amajyambere. Ibi biragaragaza ko hari n’andi makuru menshi abantu bataratanga. Ko ababishe cyangwa ababashyinguye benshi bagihari bumva babuzwa n’iki gutanga ayo makuru ngo byibura abantu bashyingure ababo mu cyubahiro?”

    Depite Mukamugiraneza asanga buri rugo ukwarwo rugize igihe cyo kwibuka no kubwizanya ukuri kuri Jenoside abantu batarebana ku jisho n’abandi byatuma benshi bumva ubukana bw’igikomere umuryango Nyarwanda ufite, bakanafatira hamwe ingamba zo kucyomora. Naho ubundi ngo hari abigize ba ntibindeba, n’aho bifatanyije n’abandi kwibuka bakabikora bya nyirarureshwa.


    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED