Subscribe by rss
    Friday 15 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Apr 25th, 2012
    Ibikorwa | By Aninta

    Ubumwe n’ubwiyunge bugera k’umunyarwanda wese – Jean Baptiste Habyarimana

    BureraDist

    Umunyamabanga nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge atangaza ko ubumwe n’umwiyunge bugera ku banyarwanda bose kuko nta munyarwanda ugomba gusigara inyuma mu mateka.  

    Ubwo hafungurwaga kumugaragaro itorero ry’abakangurambaga b’imibereho myiza bo m’uturere twose tw’u Rwanda, tariki ya 23/04/2012, Jean Baptiste Habyarimana yagise ati

    “Ubumwe n’ubwiyunge iyo tubuvuga uyu munsi ntabwo ari ukumva gusa ko ari ukunga abacitse ku icumu (rya Jenoside) n’abakoze icyaha cya Jenoside, ubumwe n’ubwiyunge bugera k’umunyarwanda wese’.

    Akomeza avuga ko ariyo mpamvu buri munyarwanda wese agomba kuba intore kugira ngo abanyarwanda bose baharanire guteza imbere u Rwanda.

    Agira ati “ mu itorero rero abanyarwanda bose bagomba kwibona mo, abanyarwanda bose bagomba kuba intore, abanyarwanda bose bagomba kugira imyumvire, bagomba kugira imikorere, igamije guhindura iki gihugu (Rwanda) kikagira amateka meza mashya, kikagira iterambere rigera ku muntu wese, tukubaka amahoro arambye adashobora kujegajega”.

    Jean Baptiste Hanyarimana yavuze ko ubumwe n’ubwiyunge ari ingufu. Kuko abashyize hamwe nta kibananira. Iyo abantu badashyize hamwe ntibagira ingufu nk’uko yakomeje abisobanura.

    Yagize ati “Ubumwe n’ubwiyunge ni indangagaciro z’abanyarwanda zidufasha gusohoka mu mateka mabi, zidufasha gusohoka mu ngaruka mbi Jenoside yadusigiye, zidufasha kubaka u Rwanda rushya, rwiza rw’abanyarwanda bose”.

    Itorero ry’abakangurambaga b’imibereho myiza bo mu turere twose tw’u Rwanda, ryatangiye tariki ya 20/04/2012 rikaba rizasozwa tariki ya 29/04/2012. Rikaba riri kubera mu kigo cy’amahoro, ubumwe n’ubwiyunge giherereye i Nkumba mu murenge wa Kinoni mu karere ka Burera.

    Riteraniyemo intore 511 zirimo abakangurambaga b’imibereho myiza, abagize ishyirahamwe ry’urubyiruko rw’Intore ndetse n’abashigajwe inyuma n’amateka.

    Izo ntore zikaba zemeza ko ibyo zizakura muri iryo torero zizabyigisha abo zasize ku mirenge iwabo kugira ngo abanyarwanda bose babe intore barangamiye iterambere rirambye.

       

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED