Subscribe by rss
    Sunday 28 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Tue, May 1st, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Mu turere twose hagiye kubakwa ibigo by’ urubyiruko

    Minisitiri w’urubyiruko, isakazabumenyi n’itumanaho, Jean Philbert Nsengimana, avuga ko hari gahunda yo gushyira ibigo bihugura urubyiruko mu turere twose tugize igihugu. Ubusanzwe hari ikigo cy’urubyiruko cyitwa Maison de Jeunes ahitwa ku Kimisagara mu mujyi wa Kigali.

    Icyo kigo ngo nicyo kigiye kwegerezwa urubyiruko kugeza ku rwego rw’uturere, byanashoboka kikazagera ku rwego rw’imirenge, aho urubyiruko ruzajya ruhurira rukidagadura ndetse rukanahabwa inyigisho ku bintu bitandukanye.

    Mu kiganiro yagiranye n’urubyiruko rwo mu mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo tariki 28/04/2012, minisitiri Nsengimana yavuze ko ibyo bigo bizaba byitwa Youth Empowerment for Global Opportunity (YEGO) bikazajya bitanga inyigisho zitandukanye nk’uko bikorwa muri Maison de Jeunes ya Kimisagara.

     

    Minisitiri Nsengimana yijeje urwo rubyiruko ko ruzajya runahigishirizwa icyongereza ku buryo buri muntu azabasha kukivuga. Ati “Muzajya muhigira icyongereza ku buryo buri muntu azakimenya”

    Bamwe mu rubyiruko bavuga ko banyotewe kubona icyo kigo dore ko batagira aho bidagadurira, ndetse bakaba batanabasha kubona aho bakwigira ikoranabuhanga. Kamuhanda Nicolas yagize ati “Nk’ubu nta nzu yo kwidagaduriramo tugira mu karere kacu (…) twe twasigaye inyuma nta muhanzi n’umwe waza hano kuko atabona aho akorera igitaramo, ariko icyo kigo kije cyadufasha kandi twanaboneraho kwiga ikoranabuhanga”

    Urubyiruko rwo mu karere ka Kayonza rwakunze kugaragaza ikibazo cy’uko rutagira aho kwidagadurira. Umukozi w’akarere ushinzwe urubyiruko mu gusubiza icyo kibazo, yakunze kuvuga ko kubaka inzu y’imyidagaduro ari ibintu bishyirwa mu ngengo y’imari y’akarere ariko ngo akabona akarere katabona icyo kibazo nk’icyihutirwa.

    Urubyiruko rwo mu mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo ruvuga ko icyo kigo cy’urubyiruko gitinze kuko rwari rwaraheze mu bwigunge.


    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED