Subscribe by rss
    Sunday 28 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, May 5th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Ngoma: Ntiborohewe no kuzahigura umuhigo bahize wo kubaka bio-gaz

    Rwanda | Ngoma DistrictMugihe hasigaye igihe  gito  kitageze ku kwezi ngo hatangire kugaragazwa ibyagezweho mu mihigo  y’ uturere  mu mwaka 2011-2012 ,umuhigo wa bio-gaz zirenga 200 akarere ka Ngoma  kari kahize biracyagaragara ko bigoye kuwuhigura.

    Uku kudahigura imihigo neza kw’akarere ka Ngoma  abagatuye  babona impamvu zitandukanye zituma ndetse aka karere kataza mu turere twa mbere mu gihugu.

    Uwitwa Kamanzi we avuga ko impamvu imihigo imwe n’imwe itagerwaho ari uko akarere gahiga ibintu kadashoboye mbese ugasanga wagirango bahiga kugirango bashimishe impapuro kurusha uko baba bayishyira mu bikorwa.

    Uyu mugabo yatanze urugero avuga ko umuhigo akarere ka Ngoma kahize wo kubaka bio-gaz 250 ari mwinshi cayne kurusha uko wagerwaho bityo akaba asaba ko bajya bahiga ibyo bazageraho.

    Ikindi kigaragazwa na bamwe mu batuye aka karere ngo ni ukutamenya imihigo aho ngo usanga hari n’abantu baba bagomba gushyira mu bikorwa imihigo ariko ugasanga batayizi .

    Ku kibazo cya bio-gaz naho igeze ishyirwa mu bikorwa nkuko byagaragaye imirenge myinshi igize aka karere ku mashyiga ya bio-gaz 15 buri murenge wari wahize ,ahenshi kugeza ubu bamaze kubaka  ebyiri gusa hari ni imirenge itari mike itararangiza n’ishyiga na rimwe.

    Ibi byatumye  mu nama njyanama y’akarere ka Ngoma yateranye kuri uyu wa 02/05/2012 ifata umwanzuro ko iyi gahunda igiye kwihutishwa no gushyirwamo ingufu kugirango itazagira ingaruka ku kwesa imihigo y’ akarere.

    Zimwe mu mbogamizi zagaragajwe harimo izuko hari aho bio-gaz zubatswe maze zihita zipfa maze n’abatekinisiye  ntibongera kuza kuzikora bityo bituma n’abari basigaye batabyitabira.Ikindi kibazo ngo ni abatekinisiye bubaka izi bio-gaz ngo badakora neza kuko ngo n’ababyifuza babategereza amezi n’amezi .

    Kukibazo cy’uko ngo akarere gahiga ibyo kadashoboye umuyobozi w’akarere ka Ngoma wungirije ushinzwe imibereho myizay’abaturage Kirenge Providence yasubije ko bahiga byinshi kugirango icyo bakoze kigaragare.

    Akarere ka Ngoma gaherutse kuba akambere mu kubaka bio-gaz nyinshi. Mugihe hadasigaye igihe kigeze ku kwezi ngo hatangire hahigurwe imihigo bio-gaz mu karere ka Ngoma iracyari kuri 30%. Mu mihigo y’umwaka ushize ngoma yari yabaye iya 19.


     

     

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED