Subscribe by rss
    Sunday 17 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, May 5th, 2012
    Ibikorwa | By Aninta

    Ku nshuro ya mbere INILAK Nyanza Campus igiye kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

    Nyuma y’imyaka itatu rifunguye imiryango mu karere ka Nyanza, ishuli rikuru ryigenga ry’abadivantiste rya Kigali (INILAK) rigiye kwifatanya n’abandi Banyarwanda bose mu muhango wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 uzaba kuri iki cyumweru tariki 06/05/2012 ku cyicaro cy’iryo shuli.

    Rwanda | Umuyobozi wa INILAK, Dr Ngamije Jean

    Umuyobozi wa INILAK, Dr Ngamije Jean

    Icyo gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda cyateguwe ku bufatanye  bw’ubuyobozi bw’ishuli n’umuryango w’abanyeshuli bacitse ku icumu rya Jenoside ( AERG/INILAK NyanzaCampus).

     

    Kuva iri shuli ryatangira mu mwaka wa 2010 bizaba ari ubwa mbere habereye umuhango wo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda biteguwe n’iryo shuli.

     

    Mu gihe iminsi isigaye ibarirwa ku ntoki ngo bunamire kandi bibuke ku nshuro ya 18 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda imirimo imwe n’imwe ijyanye n’imyiteguro y’uwo munsi irarimbanije; nk’uko ubuyobozi bw’ishuli na AERGINILAK NyanzaCampus bahuriye kuri iki gikorwa babivuga.

     

    Babisobanura batya: “Ubwo tuzaba twibuka abacu bazize Jenoside yakorewe Abatutsi ku rwego rwaINILAK NyanzaCampus turateganya kuzakira abantu benshi bagezweho n’ubutumire bwacu bakemera kuzaza kwifatanya natwe”

     

    Ubuyobozi bw’ishuli ryaINILAK NyanzaCampus buvuga ko bwatumiye inzego zose yaba mu bari mu nzego z’ubuyobozi bwite bwa Leta, abikorera ku giti cyabo, imiryango itegamiye kuri Leta n’abandi.

     

    Abanyeshuli biga muriINILAK NyanzaCampus bose yaba abiga ku manywa na ninjoro batumiwe muri uwo muhango wokwibuka kunshuro ya 18 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 kuko igikorwa ari icyabo.

     

    Tariki 5 Gicurasi hazaba umugoroba w’ijoro ryo kwibuka usabwa nawo kuzitabirwa nk’uko Gashema Janvier uhagarariye umuryango w’abanyeshuli bacitse ku icumu rya Jenoside muri INILAK Nyanza campus abitangaza.

     

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED