Subscribe by rss
    Monday 01 March, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, May 11th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Nyanza: Gahunda yo gutwika ibiyobyabwenge imaze gusubikwa inshuro 2 zose

    Akarere ka Nyanza ku bufatanye bw’urwego rwa Polisi y’igihugu hamwe n’urwego rw’ubushinjacyaha bukorera mu rukiko rwisumbuye rwa Busasamana muri aka karere bamaranye iminsi gahunda yo  gutwika ibiyobyabwenge byafatanwe abaturage ariko iki gikorwa kimaze gusubikwa inshuro 2 zose abantu bacyitegura hanyuma bagatungurwa n’uko gisubitswe ku munota wa nyuma.

    Rwanda |  Umuyobozi wa Polisi y’igihugu mu karere ka Nyanza, DPC KWIZERA Charles

    Umuyobozi wa Polisi y’igihugu mu karere ka Nyanza, DPC KWIZERA Charles

    Nyuma y’uko mu byumweru bibiri bishize iki gikorwa gisubitswe ku buryo butunguranye kandi abantu bari bacyiteguye bongeye gutungurwa tariki 10/ 05/2012 babonye cyongeye gusubikwa nanone kandi byari muri gahunda yo kubitwikira ku mugaragaro aho isoko rya Nyanza ryimukiye.

     

    Ibi biri kuba mu gihe iki gikorwa kiba kiteguwe n’abantu benshi bifuza kureba ubwinshi bw’ibyo biyobyabwenge biza ku isonga mu guhungabanya umutekano w’abatuye mu karere ka Nyanza nk’uko imibare itangwa n’urwego rwa Polisi y’igihugu muri aka karere ibigaragaza.

     

    Ibyo biri mu bituma benshi mu banyenyanza bavuga umunsi wo kubitwika baba biteguye  kubyirebera imbona nkubone ndetse no kwakira ubutumwa bujyanye n’uwo munsi bubyamagana.

     

    Buri gihe uko batangaje ko biri butwikwe ku mugaragaro abemeza ko batazahatangwa usanga ari uburo buhuye ariko bigera ku isaha nyakuri bagatungurwa no kumva mu nzira bajyayo ko gahunda yo gutwika ibyo biyobyabwenge yasubitswe.

     

    Nk’uko tariki 10 Gicurasi 2012 byari muri gahunda yo kubitwika ariko bigasubikwa byatumye dushakisha uko hamenyekana impamvu yabiteye.

     

    Ukuriye polisi y’igihugu mu karere ka Nyanza, DPC Kwizera Charles ku murongo wa telefonini ye y’akazi igendanwa yatangaje ko byatewe n’impamvu zinyuranye zirimo ko umuyobozi wa polisi y’igihugu mu Ntara y’amajyepfo atabonetse hamwe n’uko imvura yabyutse igwa ari nyinshi cyane muri aka karere.

     

    Muri icyo kiganiro kuri telefoni yatangaje ko gahunda yo gutwika ibyo biyobyabwenge yongeye kwimurirwa tariki 14 Gicurasi 2012.

     

    Yaboneyeho gutangaza ko kuri uwo munsi isoko rya Nyanza rizaba ryaremye ibyo bikaba bizongera umubare w’abaturage bazahabwa ubutumwa bwo kwirinda ibiyobyabwenge, dore ko biza ku isonga mu kuba nyirabayazana w’ibyaha bikorerwa muri aka karere birimo gukubita no gukomeretsa, gufata abagore abana n’ibindi bihanwa n’igitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda.

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED