Subscribe by rss
    Tuesday 02 March, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, May 12th, 2012
    Ibikorwa | By Aninta

    Nyamasheke: Iterambere ry’akarere rihagaze neza- Bahizi


    Kuri uyu wa kane tariki ya 10/05/2012, komite ishinzwe iterambere ry’akarere ka Nyamasheke (Comité de Développent Communautaire) yateranye mu rwego rwo gusuzuma uko iterambere ry’akarere ku nzego zose rihagaze mu mirenge itandukanye igize aka karere.

    Rwanda Nyamasheke  Iterambere

    Muri iyi nama, abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge ari na bamwe mu bagize CDC bagiye bavuga uko imishinga igamije amajyambere iri gukorwa mu mirenge yabo ihagaze, ndetse bakanavuga bimwe mu byo babona byagakwiye gukorwa ngo akarere gakomeze gutera imbere.

    Abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge bagaragaje ko hari hamwe imishinga yagiye irangira neza nk’uko byari biteganijwe bakaba basabye ko yazamurikirwa abaturage ku mugaragaro, ariko ngo hari n’iyindi yagiye ihagarara ku mpamvu zitandukanye nko kuba ba Rwiyemezamirimo barayitaye cyangwa se kubura ubushobozi bw’amafaranga.

    Basabye kandi ko ikibazo cy’amazi meza akiri make mu baturage mu mirenge itandukanye cyashakirwa umuti, umuriro w’amashanyarazi ukiri muke cyane ndetse n’ikibazo cy’imihanda igoye kuyigenda n’ibiraro bidakoze bikaba ari bimwe mu byagarutsweho mu bigomba gutekerezwaho.

    Rwanda Nyamasheke  Iterambere 1

    Umuyobozi w’akarere wungiririje ushinzwe imari, ubukungu n’amajyambere akaba n’umuyobozi wa CDC Bahizi Charles, yavuze ko ibibazo bagaragaje bihari koko anasaba ko abaturage baba aribo bifashishwa bwa mbere mu kubishakira umuti. Aha yavuze ko leta itakora imihanda ngo abaturage bananirwe kuyikurikirana ngo bayifate neza.

    Yasabye abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge ko bakwiye gukoresha imiganda bityo abaturage bakagira uruhare mu gukemura bimwe na bimwe bitewe n’ubushobozi bwabo, akarere nako kagakora ibyo gashoboye ibindi kagakomeza gukora ubuvugizi.

    Bahizi yavuze ko muri rusange iterambere ry’akarere rihagaze neza, akaba yanashimiye abagize CDC y’akarere umuhati bafite wo guharanira ko abaturage batera imbere ndetse n’akarere muri rusange.


     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED