Subscribe by rss
    Friday 15 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, May 17th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Bugesera: Abakora mu nzego z’ubuzima bibutse abazize Jenoside yakorewe abatutsi

    Abakora mu nzego z’ubuzima mu karere ka Bugesera bakoze imihango yo kwibuka abahoze bakora muri izo nzego bazize Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994.

    Rwanda | Abakora mu bitaro bya Nyamata baravuga ko Jenoside itazongera ukundi

    Abakora mu bitaro bya Nyamata baravuga ko Jenoside itazongera ukundi

    Uwo muhango wo kwibuka abahoze bakora mu nzego z’ubuzima  wabimburiwe n’urugendo rw’abakozi b’ibitaro, ibigo nderabuzima n’izindi serivisi, rwaturutse ku bitaro bya Nyamata rwerekeza ku rwibutso rwa jenoside rwa Nyamata, ahashyizwe indabo ku mva ibitse imibiri y’inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe abatutsi.

    Nyirarudodo Valeria umwe mu barokokeye mu karere ka Bugesera ukora mu kigo nderabuzima cya Ntarama, Jenoside yarabaye akora mu kigo nderabuzima, yavuze ko bigoye kumva ubugome Jenoside yakoranwe aho abicanyi  batatinyaga kwambura ubuzima abaganga basegasiraga amagara ya buri wese nta we barobanuye, no mu bihe bikomeye, akaba asanga hakwiye gufatwa ingamba Jenoside ntizasubire ukundi.

     

     

     

     

    Rwanda | Imbere mu rwibutso rwa Ntarama

    Imbere mu rwibutso rwa Ntarama

    Nyuma yo gusura urwibutso rwa Jenoside rwa Nyamata, ibiganiro byakomereje mu kigo nderabuzima cya Nyamata, ahatangiwe ubuhamya ku byabaye, mbere no mu gihe cya Jenoside.

    Ibitaro bya Nyamata hamwe n’izindi serivisi zikora ibijyanye n’ubuzima muri ako karere, zateguye iyi gahunda yo kwibuka kugira ngo bazirikane Jenoside yakorewe abo bari basangiye umwuga wo kwita ku buzima bw’abantu, bishwe urw’agashinyaguro, ariko na none ngo ni n’uburyo bwo kwihanganisha imiryango yabuze abayo. Dr Rutagengwa Alfred, umuyobozi w’ibitaro bya Nyamata yasabye abakoze Jenoside kwihana no gusabira imbabazi icyo cyaha ndengakamere maze buri wese agaharanira ko Jenoside itazasubira.

    Umuyobozi wungirije w’ikigo cy’ubuzima mu Rwanda Dr. Anita Asiimwe yashimiye abateguye uwo muhango wo kwibuka, agaya abigize uruhare muri Jenoside maze asaba buri wese kwigira ku mateka kugira ngo babashe kubaka imbere heza.


     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED