Subscribe by rss
    Tuesday 26 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, May 18th, 2012
    Ibikorwa / Latestnews | By gahiji

    Gakenke : Intore zaguriye imidugudu 27 telefoni zo guhana amakuru mu rwego rwo kwicungira umutekano

    Abagabo n’abagore  bagize itorero ryo ku mudugudu mu Murenge wa Muyongwe, akarere ka Gakenke bambaye imyambaro y’umweru bararimba ndetse banacinya akadiho bati : « Intore yishakira ibisubizo no mu nzira y’inzitane yicira inzira ».
    Intore zaguriye imidugudu 1

    Izo ntore imvugo yabaye ingiro, zishakiye ibisubizo ubwo zakusanyaga  amafaranga asaga ibihumbi 330 bakagurira imidugudu 27 igize umurenge wa Muyongwe telefone zo kubafasha mu guhana amakuru mu rwego rwo kwicungira umutekano aho batuye.

    Intore zaguriye imidugudu 2

    Abagore bitabiriye iryo torero nabo bakusanyije amafaranga bagurira abagore batatu batishoboye amatagera ndetse banaroza imiryango cumi n’itanu inkoko muri gahunda yo kurwanya imirire mibi.

    Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé witabiriye uwo muhango yashimye ibyo bikorwa byakozwe n’itorero ryo ku mudugudu ryitwa Intaganzwa za Muyongwe.

    Yagize ati : « Koko muri Intaganzwa mu mihigo. Nta murenge nabonye  mu Ntara y’Amajyaruguru wikorera ibikorwa nk’ibi. »

    Yahamagariye izo ntore kuba umusemburo w’impinduka nziza aho batuye, bahindura ubuhinzi n’ubworozi bigakorwa ku buryo bugezweho.

    Intore zahize ko zizakangurira abaturage gahunda za Leta kandi zikanazishyira mu bikorwa  ari zo : guhuza ubutaka, gutanga umusanzu w’ubwisungane magirirane uzwi nka mitiweli, gutura mu mudugudu, guharanira uburezi bwa bose no kwita ku isuku aho batuye.

    Intore zigera kuri 300 zahuguwe kuri ndangagaciro, kirazira z’umuco nyarwanda ndetse na gahunda za Leta mu gihe cy’amezi atandatu.


     

     

     

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED