Subscribe by rss
    Tuesday 19 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sun, May 20th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Nyamasheke: Ingo 50 zashoje amahugurwa zahabwaga n’inama y’igihugu y’abagore

    NyamashekeDistImiryango 50 yo mu murenge wa Bushekeri mu karere ka Nyamasheke, kuri uyu wa kane tariki ya 17/05/2012, yashoje amahugurwa y’iminsi 4 yahabwaga n’inama y’igihugu y’abagore, igamije kubahindurira imyumvire ndetse no kubagira imiryango yabera iyindi ikitegererezo mu bikorwa by’iterambere ndetse na politiki za leta zitandukanye.

    Aba bagabo 50 hamwe n’abagore babo bahawe amasomo atandukanye arimo kuboneza urubyaro, ubuzima bw’imyororokere, kwirinda sida no kwipimisha ku bushake, uburyo bwo gukemura amakimbirane ashingiye ku bibazo by’imiryango basobanurirwa amategeko ahana ibyaha by’ihohoterwa, uburenganzira bw’umwana buganisha ku buringanire, ndetse n’itegeko rigena izungura, impano no gucunga umutungo ku bashyingiranywe.

    Bahawe kandi amasomo abakangurira kwibumbira mu makoperative no gukorana n’ibigo by’imari iciriritse, bahabwa kandi ubumenyi ku mirire myiza ndetse no kugira isuku muri rusange.

    Mu kiganiro ku itegeko rigena izungura, impano no gucunga umutungo ku bashyingiranywe  bahawe n’umuhuzabikorwa w’inama y’igihugu y’abagore mu ntara y’iburengerazuba Nyiranzeyimana Esperance yababwiye ko bakwiye kujya bafatira ibyemezo hamwe nk’urugo kuko ari byo byarinda amakimbirane akunze kuranga imiryango, abagabo ntibumve ko aribo bafite ijambo ku mitungo gusa.

    Yabasabye kandi kuva muri aya mahugurwa bajya gushyira mu bikorwa ibyo bahigiye ndetse bakanasakaza ubwo butumwa mu baturanyi babo batabashije kuyazamo.

    Ubu butumwa kandi bwashimangiwe na Kabanda Joachim ushinzwe iterambere ry’umuryango mu karere ka Nyamasheke wabasabye kujya guhindura imyumvire y’abaturanyi bakurikije ubumenyi bahawe kuri gahunda za leta zigamije imibereho myiza no guteza imbere abaturage.

    Iyi miryango yari igizwe n’ingo zibanye nabi ndetse nizifite abana benshi ndetse n’indi ibanye neza kandi yaboneje urubyaro ngo ibahe ubuhamya.


     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED