Subscribe by rss
    Saturday 23 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sun, May 20th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Gisagara: Bijejwe kutazakurwa mu masambu barimo hataraboneka aho bajya

    Abaturage bo mu kagari ka Gisagara umurenge wa Ndora akarere ka Gisagara batuye ahamaze kwerekanwa nk’ahazubakwa umujyi w’aka karere ka Gisagara bakaba bari bafite ikibazo ko bazahirukanwa badafite ahandi bajya batanafite amafaranga yo kugura ahandi, bahumurijwe n’umuyobozi w’intara y’amajyepfo bwana Alphonse MUNYANTWARI ko ntawe uzabashyira ku gasozi.

    Rwanda | Umuyobozi w’intara y’amajyepfo Alphonse MUNYANTWARI

    Umuyobozi w’intara y’amajyepfo Alphonse MUNYANTWARI

    Mu biganiro byahuje abaturage n’abayobozi kuri uyu wa gatatu mu karere ka Gisagara, abaturage bagaragaje impungenge bafite zo kuzimurwa ahateganyijwe kuzubakwa umujyi w’aka karere ka Gisagara ntibabashe no kugura cyangwa kwiyubakira ahandi kubera ko badafite ubushobozi kandi babona amafaranga y’ingurane bahabwa atabasha kubaka inzu.

    Umukecuru witwa Agnes NYIRAMINANI umwe mu batuye aha aragira ati “Jye rwose ndahangayitse kuko nibanyirukana muri iriya sambu ndimo sinzabona aho nerekera kuko nta bushobozi mfite bwo kuzagura ahandi byongeye kandi amafaranga agera ku 200.000F cyangwa munsi yayo batanga nk’ingurane ntaho yagura ikibanza ngo anacyubake”

    Umuyobozi w’intara y’amajyepfo bwana Alphonse MUNYANTWARI ubwo yasubizaga ikibazo cy’aba baturage yabijeje ko ntawe uzabajugunya ku gasozi badafite aho baba kandi ababwira ko ubuyobozi butajya bwirengagiza ibibazo by’abaturage cyane ko ari bo bukorera kandi ko nta mwanzuro n’umwe ushobora gufatwa hatateganyijwe ibisubizo ku bibazo ushobora gutera.

    “Nimuhumure ntituzabata hanze mudafite aho gutura kandi umuntu wese ugomba kwimurwa azahabwa ingurane hakurikijwe ibyo yari afite ndetse ntimunibagirwe ko akarere gasanzwe kita ku batishoboye, ubu rero sibwo mwatereranwa”

    Aba baturage baravuga ko icyo bumva bifuza ari uko ubuyobozi bwazajya bubafasha kubona ahandi batura kandi byaba bishoboka amafaranga y’ingurane akongerwa kuko uyu munsi kubaka no kugura bitoroshye.

    Gaspard MANIRAHO utuye muri uyu murenge we aragira ati “ Rwose ubuyobozi bugiye budufasha kubona ibindi bibanza byadufasha kuko turiya dufaranga tw’ingurane ni duke ku buryo bigoye kugira ngo umuntu abashe gukuramo aho gutura. Ibintu byarahenze si nka mbere abantu bacyubaka baguze ibikoresho badahenzwe.”

    Ubuyobozi bw’aka karere buravuga ko ibi bikorwa by’amajyambere bizatuma abantu bamwe bimurwa byagakwiye kubafasha kumva akamaro ko gutura mu midugudu bahamagarirwa kujyamo cyane ko ahantu hose hari imidugudu hagomba no gushyirwa ibikorwa by’iterambere hafi, birimo amavuriro, amashuri, amazi n’amashanyarazi. Iyi rero akaba ari inzira nziza yo gucyemura ibibazo


    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED