Subscribe by rss
    Saturday 23 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sun, May 20th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Kamonyi: Habaye umuganda udasanzwe wo kuyobya amazi y’umukunguri yangije imirima y’umuceri


    Ku wa gatatu tariki  16/5/2012, Abaturage b’Akagari ka Mukinga, Umurenge wa Nyamiyaga ho mu Karere ka Kamonyi, Bifatanyije n’abayobozi b’Akarere ndetse na Minisitiri w’Umurimo mu gikorwa cy’umuganda udasanzwe wo guhangana n’ibiza biterwa n’imvura nyinshi, imaze igihe igwa, ikaba yarangije hegitari zigera kuri 50 z’umuceli uhinze mu gishanga cy’umukunguri.

    Kamonyi Habaye umuganda

    Iyo mvura nyinsi imaze igihe igwa, yatumye umugezi w’umukunguri mu murenge wa Nyamiyaga w’akarere ka Kamonyi, n’uwa Kinazi w’Akarere ka Ruhango, urengerwa, dore ko n’ikiraro cyahabaga cyari cyarasenyutse. Amazi yabaye menshi muri uwo mugezi, maze ashaka inzira mu mirima y’umuceri.

    Mu muganda udasanzwe wo kuri uyu wa gatatu, abaturage bafatanyije n’abayobozi, bagerageje kugomera amazi no kuyayobya kugira ngo atazongera kunyura mu mirima y’umuceri. Mu gukumira amazi hifashishijwe imifuka y’imicanga, n’ibiti biyishyigikira; baca n’imiyoboro mishya amazi azajya anyuramo aho guca mu mirima y’umuceri.

    Kamonyi Habaye umuganda 1

    Minisitiri w’abakozi ba Leta n’umurimo Anastase Murekezi wari waje kwifatanya n’abaturage ba Kamonyi muri uyu muganda, yabashimiye ubwitabire bwabo muri iki gikorwa ndetse anabasaba ko bakomeza uyu murongo mwiza wo gutanga umusanzu wa bo mu kwiyubakira igihugu.

    Naho umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Rutsinga Jacques, yasabye abaturage guhora biteguye guhangana n’ibiza aho batuye, bacukura kandi bahora basibura imirwanyasuri mu mirima ya bo, bakanakangukira gahunda yo gutura ahateganyijwe Imidugudu.

    Kamonyi Habaye umuganda 2

    Iki gishanga cya Mukunguri, kiri mu rugabano rw’Akarere ka Kamonyi na Ruhango; kikaba gihinzemo umuceri ku buso bwa hegitari zigera kuri magana arindwi (700). Igikorwa cy’umuganda  udasanzwe kikaba cyari kigamije gukumira amazi ngo adakomeza gukwirakwira mu mirima y’umuceri.

     

     


     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED