Subscribe by rss
    Saturday 27 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, May 24th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Baretse amakimbirane bari bafitanye nyuma yo kuganirizwa ku buryo bwo kuyakemura

    map-of-rwanda1

    Umugore witwa Uwiringiyimana Claudine arashimira urubyiruko rwo mu murenge wa Cyanika rwibumbiye muri Club Hope of Future (Icyizere cy’ejo hazaza) kuba rwaramufashijje kwiyunga n’umugabo we nyuma y’igihe kirekire bafitanye amakimbirane ashigiye ku mitungo.

    Uyu mugore utuye mu murenge wa Cyanika avuga ko amakimbirane bagiranye yaturukaga ku kuba nta mutungo uhagije bari bafite kandi mu rugo hari abantu benshi.

    Uwo mugabo yashatse Uwiringiyimana  nyuma yo gupfusha abagore babari. Abo bagore bakaba barasize abana batandatu, kandi bose baba mu rugo kuri uwo mugabo nk’uko Uwiringiyimana abivuga.

    Uwiringiyimana akimara kugera muri urwo rugo ngo yahoraga ashwana n’umugabo we cyane cyane biturutse kuri abo bana  bavugaga ko yabateye ku mitungo. Byatumye atangira nawe kujya ajya guca inshuro hirya no hino, akazana amaronko bakagabana.

    Rumwe mu rubyiruko rwibumbiye muri Club Hope of Future rwamenye ko muri urwo rugo hari amakimbirane maze barabasura babigisha uburyo bwo kuyakemura nk’uko Uwiringiyimana abitangaza.

    Iradukunda Prosper ukuriye iyo Club avuga ko bahuje Uwiringiyimana n’umugabo we ndetse n’abo bana maze babaganiriza ku buryo bwo gukemura amakimbirane ndetse no kwimakaza amahoro, babereka ko bari gupfa ubusa.

    Uwiringiyimana avuga ko ibyo biganiro bahawe n’urwo rubyiruko byabanyuze maze biyemeza kwiyunga. Kuri ubu bariyunze kuburyo nta kibazo bagifitanye mu rugo nk’uko akomeza abishimangira.

    Akomeza ashimira urwo rubyiruko kuko rwabafashije cyane. Agira ati “ni nk’Imana yarutuzaniye”.

    Urubyiruko rwibumbiye muri Club Hope of Future rukora ibikorwa bitanduanye byo kwimakaza umuco w’amahoro, gukemura no gukumira amakimbirane muri ako gace. Bigisha abantu batandukanye ku buryo bwo kwimakaza amahoro ndetse no guhashya amakimbirane.

    Ibyo bikorwa byose bakora babiterwa mo inkunga n’umushinga w’abanyamerika IREX/USAID (International Research and Exchange Board), uharanira kwimakaza amahoro.

     

     

     

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED