Subscribe by rss
    Monday 25 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, May 25th, 2012
    Ibikorwa | By Aninta

    Abantu 30,5% bemeza ko Abanyarwanda bakirebera mu ndererwamo y’amoko


    Ubushakashatsi buherutse gushyirwa ahagaragara na komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya jenoside, bwerekana ko abanyarwanda bagera kuri 30,5% bemeza ko hari abakirebera mu ndererwamo y’amoko.

    Rwanda Abantu 305 bemeza

    Umuyobozi w’akarere ka Muhanga wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Fortune Mukagatana akaba ari we wagejeje ibyavuye muri ubu bushakatsi ku bavuga rikumvikana bo mu murenge wa Nyamabuye ku wa 23 Gicurasi 2012.

    Ubu bushakashatsi bwerekana ko hari abantu bagera kuri 24,7% bemeza ko abanyarwanda batizera abo batari kumwe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi

    Mu gihe cy’ubu bushakashatsi bamwe mu babajijwe, harimo abavuga ko leta idacunze neza amacakubiri ashingiye ku moko ashobora kongera kubyara andi makimbirane nk’uko byabayeho mbere y’umwaka w’1994 ndetse bikaza kubyara jenoside yakorewe Abatutsi muri uwo mwaka.

    Hakaba n’abandi bemeza ko amakimbirane yagaruka mu Rwanda mu gihe ikibazo cy’ubusumbane mu mutungo kititaweho ndetse ngo n’amashyaka ari muri bimwe bikomeye bishobora guteza amakimbirane.

    Ubu bushakashatsi bukomeza bwerekana ko hari abantu bagera kuri 39,9% bavuga ko n’ubwo bitemewe n’amategeko ariko ngo hari abanyarwanda bashobora kongera gukora indi jenoside kuko batarava ku izima kandi bakaba barabuze imbarutso.

    Nyamara abagera kuri 70% bo bemeje ko nta ntambara ishobora kuba mu Rwanda mu minsi mike iri imbere. Aha bamwe mu bacukumbuzi bakaba bibaza mpamvu ki aba babajijwe bavuze mu minsi mike iri imbere.

    Abandi 90% bemeje ko abanyarwanda muri iki gihe basigaye babanye bidashingiye ku moko kuko ngo kenshi iyo ujya gusaba serivisi runaka utajya urinda kureba ubwoko bw’uwo ugiye kuyisaba ahubwo ngo ureba umuntu ugiye kuyisaba niba koko ashobora kuyiguha uko ubyifuza cyangwa se ko abishoboye.


     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED