Subscribe by rss
    Monday 18 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, Dec 23rd, 2011
    Ibikorwa | By gahiji

    Imiyoborere myiza ni umusemburo w’ubukungu n’iterambere ry’igihugu

    Umukozi w’umushinga witwa “Rwanda governance for Production” wo mu kigo Rwanda Governace Board, Sandra Shenge, avuga ko  abayobozi bose guhera ku nzego z’ibanze bafite uruhare mu guteza imbere akarere hitawe ku buryo gateye, ibihera, umutungo kamere wako, ubutaka bwako n’ibyo abaturage bashoramo imbaraga kurusha ibindi.

    Ubwo yaganiraga n’abayobozi b’akarere ka Nyabihu, uyu munsi, Sandra yavuze ko abayobozi bagomba kureba imiterere y’akarere bakoreramo ndetse n’umutungo kamere maze bagakora igenamigambi ry’akarere babishingiyeho ndetse n’ibyo babona bashyiramo imbaraga byatuma buri gace mu two bayobora  gashobora gutera imbere.

    Sandra yemeza ko ibi bizagerwaho mu Rwanda igihe imihigo izajya ikorwa hashingiwe ku miterere y’uturere n’ibikazanira iterambere. Bizagerwaho cyane cyahe hitawe kuri gahunda zo guhuza ubutaka no gutera imyaka iberanye n’akarere. Indi ngamba ni guteza imbere ibice by’ibyaro hashorwamo imari hanyuma abaturage bagahabwa akazi; ibyo ariko bigakurikiza ibipimo akarere runaka gafite biboneka ko byagateza imbere.

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu bwishimiye iyo gahunda nziza bwagejejweho kandi buvuga ko bugiye gushyira inama bagiriwe mu bikorwa. Mukaminani Angela, umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu, yavuze ko akarere kazabyitaho muri gahunda kazakora mu mwaka utaha mu rwego rwo kwiteza imbere.

    Ubushakashatsi bw’igerageza bwakozwe mu karere ka Nyamagabe bwagaragaje ko hari agace gakunze kubonekamo inzara nyinshi ariko kubera ibikorwa byo guhuza ubutaka  mu buhinzi inzara yagiye ishira kugeza ubwo Nyamagabe iza mu myanya myiza ku bijyanye n’iterambere ry’abaturage no kwesa imihigo.

    Mu karere ka Nyagatare ho hashobora gukorwa ibikorwa bijyanye n’ubworozi buhakorerwa bikaba aribyo bishorwamo imari, bigashyirwamo ingufu, bitewe n’uko ari yo mishinga ikunze kuhaboneka.

    Umushinga “Rwanda Governance for Production” yatangiye nyuma y’umwiherero wa Kivu mu mwaka  wa 2010. Muri uwo mwiherero hatanzwe ibitekerezo ko ubuyobozi bwiza bushobora kuba umusemburo wo kongera umusaruro no kugera ku iterambere.

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED