Subscribe by rss
    Thursday 25 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, May 30th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Muhanga: Barasabwa kwirinda umuco wo gutora nabi mu bihe by’amatora byegereje

    Rwanda Muhanga Komisiyo y’igihugu y’amatora irasaba abarebana n’amatora ayo ariyo yose kwirinda ibikorwa byose biganisha ku gutora nabi cyane cyane mu bihe by’amatora y’abagize inteko nshingamategeko azaba mu mwaka wa 2013.

    Phelomene Nyirahabimana, umuhuzabikorwa w’iyi komisiyo muri zone ya Muhanga na Kamonyi avuga ko hari benshi mu baturage bakunze kugaragaza umuco wo gutora nabi cyane cyane mu gihe cy’amatora y’inzego z’ibanze ziba zibahagarariye.

    Nyirahabimana avuga ko hariho abantu bara kubw’impamvu mbi zibyihishe inyuma aho kugirango batore bakurikije icyo umuntu azabamarira.

    Agira ati: “Byagaragaye ko hari aho ku nzego runaka batora uzihagarariye ariko wajya kureba ugasanga bamwe mu baturage yewe batari na bake bitoreye abaturage bigaragarira buri wese ko nta bushobozi afite kugirango bajye babona uko bamuvugiramo cyangwa babone uko bikorera amakosa nta wubakomye mu nkokora”.

    Nyirahabimana avuga ko ibi bikunze kuba cyane mu nzego z’ibanze aho usanga abantu benshi basuzugura izi nzego kandi arizo ngo zagakwiye kuba umusingi w’ubuyobozi bwiza.

    Umuyobozi w’akarere ka Muhanga Yvonne Mutakwasuku avuga ko nta muntu wagakwiye gusuzugura urwego rw’ibanze urwo arirwo rwose ngo bitume abantu bazitorera uko bimoneye kuko ngo bigira ingaruka nyuma.

    Mutakwasuku ati: “abantu nibasuzugura urwego rw’umudugudu cyangwa urundi rwego rw’ibanze bizica byinshi kuko izi nzego nizikora nabi bizangisha abaturage ubuyobozi rusange bwose bw’igihugu kuko bazajya babona ubuyobozi bubegereye bwarapfuye bumve ko ahasigaye byacitse”.

    Umuyobozi w’akarere avuga ko usanga ahenshi bubaha gusa amatora yateguwe ku rwego rw’igihugu andi asigaye bakayasuzugura. Akaba asaba ababishinzwe muri aka karere ko uyu muco wo gusuzugura inzego babigiramo uruhare rugaragara maze ugacika.

    Ati: “Nta mpamvu yo gusuzugura umuyobozi uwo ariwe wese, kuko umuyobozi mu rwego cyangwa icyiciro arimo aba ari umuyobozi ukwiye kubahwa”.

    Aba bakozi n’abayobozi ku rwego rw’akagari n’umurenge bakaba basabwe gushishikariza abaturage gutora neza mu rwego rwo kwitegura amatora y’abadepite y’umwaka utaha.


    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED